Korali Amahoro ya ADEPR yakoze indirimbo yise ‘Ntiyarekeye gukora’ ihumuriza abihebye

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 8, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Korali Amahoro ikorera umurimo w’ivugabutumwa mu Itorero rya ADEPR Kinamba-Kimihurura, yakoze indirimbo nshya yise Ntiyarekeye gukora’ ihumuriza abatereye Imana icyizere.

Ni indirimbo imwe mu zigize Alubumu yabo bise Isooko y’Urukundo iriho indirimbo 8 kugeza ubu bakaba bamaze gushyira hanze eshatu muri zo, harimo na ‘Ntiyarekeye gukora’.

Mu kiganiro kihariye Imvaho Nshya yagiranye n’Umuyobozi w’iyo Korali Narwaka Angelique yayitangarije ko iyo ndirimbo igamije gukangurira abantu kugarurira Imana icyizere.

Yagize ati:” Indirimbo ‘Ntiyarekeye Gukora ikubiyemo ubutumwa bw’imirimo n’ibitangaza by’Imana kandi uko Imana yakoraga kera n’uyu munsi iracyakora, Abantu nibongere bayigirire icyizere.”

Akomeza agaragaza ko icyabateye gukora iyo ndirimbo ari uko basanze hari abantu bababarira mu Isi cyane bakagera aho bagatera Imana icyizere bibwira ko itakibitayeho cyangwa yahindutse, nayikoze bagamije kubahumuriza

Ati: “Twayikoze tugamije kubwira abantu ngo bongere bagirire Imana icyizere, kuko imbaraga zayo ntizihinduka uko yari kera n’ubu ni ko iri.”

Muri iyo ndirimbo hari aho bavuga inkuru y’ukuntu Yesu yahagije Abantu ibihumbi bitanu akoresheje amafi abiri n’imigati itanu gusa, ibyo bivuze ko imbaraga ze na n’uyu munsi zigihari kandi zigikora bityo ntawe ukwiye kwiheba ngo bitume yumva ko Imana itakibasha gukora.

Korali Amahoro imaze imyaka myinshi ikora ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo aho kuri ubu ifite abaririmbyi 65 b’ingeri zose.

Korali Amahoro yahumurije abihebye ibibutsa ko Imana igikora
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 8, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE