10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Iburasirazuba: Hafashwe ibilo bisaga 26 by’urumogi byinjijwe mu Gihugu

04 August 2022 - 06:33
Iburasirazuba: Hafashwe ibilo bisaga 26 by’urumogi byinjijwe mu Gihugu
Share on FacebookShare on Twitter

Polisi y’u Rwanda mu Turere twa Nyagatare na Kirehe ku wa Mbere taliki ya 01 Kanama, yafashe ibilo 26.5 by’urumogi rwari rugiye kwinjira mu gihugu ruvuye mu bihugu bituranye n’u Rwanda, aho abarwinjizaga bakoresheje inzira zitemewe zizwi nka Panya.

Hafashwe uwitwa Hafashimana Safari Emmanuel w’imyaka 25, afite ibilo 3.5, afatirwa mu Mudugudu wa Karembo, Akagali ka Rwantonde, Umurenge wa Gatore mu Karere ka Kirehe, mu gihe ibilo 25 by’urumogi byafatiwe mu Mudugudu wa Rutoma, Akagali ka Ndego, Umurenge wa Karama mu Karere ka Nyagatare, ubwo uwari urufite yabonye inzego z’umutekano akarukubita hasi akiruka.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana, yavuze ko uru rumogi rwafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage batuye muri utu duce twavuzwe haruguru.

Yagize ati: “Abaturage bahaye amakuru Polisi ko hari abantu bashaka kwinjiza urumogi mu gihugu barukuye mu bihugu bituranye n’u Rwanda. Ni bwo ibikorwa byo kubafata byahise bitangira hafatwa uwitwa Hafashimana afite ibilo 3.5 afatirwa mu Kagali ka Rwantonde arukuye mu gihugu cya Tanzaniya. Hanafashwe kandi ibilo 23 by’urumogi bifatirwa mu Kagali ka Ndego nyuma y’uko uwari urwikoreye yabonye inzego z’umutekano agahita aruta hasi asubira mu gihugu cya Uganda ari naho yari arukuye.”

SP Twizeyimana yagiriye inama abaturage kureka kwijandika mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge ahubwo bagakora indi mirimo yemewe n’amategeko kandi yabateza imbere, anihanangiriza abaturage baturiye imipaka kwirinda kwinjiza mu gihugu ibiyobyabwenge, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko kuko ubifatiwemo ahanwa bikomeye harimo no gufungwa igihe kirekire muri gereza.

Yasoje ashimira abaturage batanze amakuru uru rumogi rugafatwa rutarakwirakwira mu baturage, anabasaba gukomeza gutanga amakuru abacuruza ibiyobyabwenge bose bagafatwa.

Hafashimana n’urumogi yafatanwe yashyikirijwe urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha RIB ngo hakurikizwe amategeko.

Iteka rya Minisitiri nº 001/moh/2019 ryo ku wa 04/03/2019 rigena urutonde rw’ibiyobyabwenge n’ibyiciro byabyo rishyira ikiyobyabwenge cy’urumogi mu biyobyabwenge bihambaye.

Itegeko nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ingingo ya 263 ivuga ko  Umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge cyangwa urusobe rw’imiti ikoreshwa nka byo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni makumyabiri (20.000.000 FRW) ariko atarenze miliyoni mirongo itatu (30.000.000 FRW) ku byerekeye ibiyobyabwenge bihambaye.

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.