10 August 2022
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

The Ben agiye gutaramira abanyakigali

16 July 2022 - 15:44
The Ben agiye gutaramira abanyakigali

The Ben ategerejwe mu gitaramo i Kigali

Share on FacebookShare on Twitter

The Ben ategerejwe gutaramira i Kigali mu ntangiriro za Kanama 2022, ni igitaramo yatumiwemo na East Gold, Sosiyete isanzwe itegura imikino y’abakanyujijeho imaze kumenyekana nka ‘Rwanda Re-birth Celebrations’.

Iki gitaramo The Ben ategerejwemo kizaba ku wa 6 Kanama 2022 kuri Canal Olympia, aho azafatanya n’abahanzi bari kugutanga muri muzika nyarwanda barimo Bwiza, Kenny Sol na Chris Eazy bari mu bashya ariko banagezweho mu muziki ndetse na Bushali wanahuriye ku rubyiniro na The Ben mu 2019.

The Ben yatangaje ko ko yishimiye kuba agiye kongera gutaramira i Kigali ndetse ashimangira ko yifuza guha abakunzi be igitaramo cy’amateka.

Ati “Ndifuza gukora igitaramo cy’amateka, nkashimisha abakunzi b’umuziki nyarwanda n’abafana banjye muri rusange. Abafana banjye nzakora ibishoboka byose kugira ngo batahe banyuzwe. Nabo ndabasaba kuzitabira ari benshi kugira ngo hatazagira uvuga ko yacikanywe.”

Uyu muhanzi yongeyeho ko uretse gushimisha abakunzi be, n’impamvu nyiri izina y’iki gitaramo isobanutse ku buryo ari igikorwa buri Munyarwanda yakwisangamo.

Ati “Nibaza ko ntawe utakwishimira intambwe u Rwanda rugezeho rwiyubaka, ibyishimo byacu nk’abanyamuziki rero tuzabigaragaza muri iki gitaramo.”

The Ben azaririmbira abanyabirori i Kigali ku wa 6 Kanama 2022 mu gihe tariki 30 Nyakanga 2022 azataramira muri Suède aho yatumiwe mu birori byo gususurutsa Abanyarwanda batuye ku Mugabane w’u Burayi.

Uyu muhanzi yaherukaga gutaramira mu Rwanda mu birori byinjije Abanyarwanda mu mwaka wa 2020, igitaramo cyabereye muri Kigali Arena icyo gihe yari yakubise yuzuye.

Iki gitaramo gishya, byitezwe ko kizanashyira akadomo ku mikino ya ‘Rwanda Re-birth Celebrations’ iri guhuza abakanyujijeho mu Rwanda.

Bushali agiye kongera guhurira na The Ben ku rubyiniro nyuma yo gutaramana mu 2019

Bwiza uri mu bahanzikazi bagezweho muri iyi minsi azataramana ku rubyiniro rumwe na The Ben
Chris Eazy uri mu bahanzi bashya bagezweho mu muziki azatarama mu gitaramo cya The Ben
Kenny Sol ari mu bahanzi batumiwe muri iki gitaramo
DJ Toxxyk azasusurutsa abakunzi b’umuziki bazitabira igitaramo cya The Ben
Itsinda rya DJ Higa na DJ Rusam bazacuranga mu gitaramo cya The Ben

The Ben ategerejwe i Kigali mu gitaramo yitezweho kuzuza Canal Olympia
Anita Pendo yatoranyijwe nk’uzayobora igitaramo cya The Ben i Kigali
Advertisement
GISUBIZO Gentil

GISUBIZO Gentil

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

Ikawa, icyayi, imboga, imbuto n’indabo byinjije amadolari 3,866,583

August 10, 2022
APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

APR FC  izahura na US Monastir, AS Kigali ihure na  ASA Telecom mu mikino y’Afurika

August 10, 2022
Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

Amarushanwa n’ibikorwa bya Siporo u Rwanda rwakiriye byinjije miliyari 30 Frw

August 10, 2022
Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

Alarm Ministries igiye gukora igitaramo kibohora imitima

August 9, 2022
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Rwamagana:  Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

Rwamagana: Babiri bafatanywe ibihumbi 45 by’amafaranga y’amiganano

August 10, 2022
USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

USA zihangayikishijwe n’amakuru ashinja u Rwanda gufasha M23

August 10, 2022
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.