Umuhanzi Mugaara yasabye abafite ubumuga kutabugira urwitwazo
Umuhanzi Nezerwa Ukwishatse ukoresha amazina ya Mugaara Aubea ukomoka mu Karere ka Musanze yasabye abana bafite impano ariko bagira inzitizi z’uko bafite ubumuga kutabugira urwitwazo ahubwo bagakora uruhare rwabo.
Aganira na Imvaho Nshya Mugaaara akomeza avuga ko kuri we ubumuga atabufata nk’inzitizi ahubwo abufata nko kuba hari icyo umuntu ashoboye gukora ubufite na we afite icyo azi undi atakizi.
Yagize ati: “Ubumuga ntabwo ari inzitizi, si ikibazo ni kamere y’Isi, ni ukwisanga hari icyo ushoboye n’icyo udashoboye n’undi na we aba ashoboye cya kindi udashoboye, ubwo rero umuntu ufite impano ubumuga ntabwo ari inzitizi azashake iyindi mpamvu.”
Akomeza agaragaza ko kuba umuntu yaba afite ubumuga bidakuyeho ko afite izindI mpano n’ibyo ashoboye gukora kandi utabufite atashobora bityo nta muntu wakabaye agira ubumuga urwitwazo rwo kudakora ibyo afitiye ubushobozi kandi ashaka.
Ati: “Ubumuga mbufata nk’uko umuntu yisanga azi kuvuga amakuru, njye nzi gucuranga neza ni nako ubumuga bumeze, kuba nzi gukina Basket undi akaba amaze kuririmba mu gihe maze gukina mfashe ikiruhuko waza ukaririmba n’ubumuga ni ko bumeze.”
Mugaara avuga ko yatangiye umuziki akiri muto kandi umuryango avukamo utigeze umuheza, icyakora ngo yahuye n’imbogamizi zitandukanye zirimo akato n’imyumvire yari hasi muri sosiyete ariko atigeze ahagarika gukurikira inzozi ze.
