Perezida w’Amerika Joe Biden yasuye Isiraheli
Perezida wa Leta zunze ubumwe za Amerika, Joe Biden yageze muri Israel kuri uyu wa Gatatu aho yagiriye uzinduko rw’ubufatanye nyuma y’ibitero umutwe wa Hamas wagabye kuri iki gihugu.
Minisitiri w’Intebe wa Isiraheli, Benjamin Netanyahu yakiriye Perezida Joe Biden buri umwe afata akomeje mugenzi we nk’ikimenyetso cy’ubufatanye n’ubushuti bushya hagati y’aba bayobozi bombi.
Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziherutse gutangaza ko zigiye kohereza amato n’indege by’intambara hafi ya Isiraheli mu rwego rwo kubafasha.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ingabo ya Amerika, Pentagon, Lloyd Austin, yatangaje ko igihugu cye cyatangiye kohereza amato n’indege by’intambara hafi na Isiraheli ku buryo igihe cyose byakwifashishwa mu kurengera Isiraheli.
Amerika isanzwe ari igihugu cy’inshuti z’akadasohoka na Isiraheli, ndetse ni umufatanyabikorwa wayo mu by’intambara, iherutse gutangaza ko na yo igiye kwinjira mu ntambara ifatanyije n’iki gihugu.
Kuva tariki ya 07 Ukwakira 2023, umutwe wa Hamas wagaba igitero kuri Israel Abanyapalestine barenga 3 000 bamaze kuhasiga ubuzima mu gihe Isiraheli imaze gutakaza abarenga 1400.
KAMALIZA AGNES