Niba dufite ibyangombwa byose, kuki tutagira Afurika twifuza?-Perezida Kagame

  • ZIGAMA THEONESTE
  • Kanama 25, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame yavuze ko Abanyafurika bakwiye kwisuzuma bakamenya impamvu Umugabane wabo ukomeje guhangana n’ibibazo by’ubukene no gutegereza inkunga z’amahanga, kandi ufite ubushobozi n’ibyangombwa byawufasha kwiteza imbere.

Yabigarutseho mu kiganiro yahaye abitabiriye inama mpuzamahanga yiga ku kwimakaza imyumvire ikwiye mu bayobozi b’Afurika, yabereye i Kigali kuri uyu wa Kabiri tariki ya 25 Kanama 2026.

Iyi nama yateguwe na African School of Governance (ASG), ishuri Perezida Kagame ari umwe mu bashinze, rigamije guteza imbere imiyoborere, ubushakashatsi no kubaka abayobozi bafite imyumvire n’ubushobozi bwo guhangana n’ibibazo by’Afurika no guteza imbere umugabane.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika imaze gutera intambwe mu nzego zitandukanye, nubwo hari byinshi itarageraho.

Ati: “Iyo dusubije amaso inyuma mu mateka, Afurika yahuye n’ibibazo byinshi mu myaka myinshi ishize. Ariko kandi Afurika imaze gutera imbere mu nzego nyinshi, nta gushidikanya. Afurika y’ubu si yo yariho mu myaka 50 ishize, haba ku bijyanye n’iterambere ndetse n’imitekerereze.”

Yavuze ko nubwo Afurika hari aho yagiye inanirwa cyangwa ikagera munsi y’ibyo yari yitezweho, muri rusange hari intambwe ikomeye yatewe.

Umukuru w’Igihugu yavuze ko ikibazo gikomeye Abanyafurika bakwiye kwibazaho ari impamvu umugabane ufite ibyangombwa byinshi bikenewe kugira ngo utere imbere, ariko ntukabigereho ku rugero rwifuzwa.

Ati: “Mu by’ukuri, irabifite. Ifite abantu, ifite umutungo kamere, kandi ifite amateka dukwiye kuba twarigiriyemo amasomo menshi.”

Yavuze ko nubwo buri munsi haba ibiganiro byinshi ku bibazo bya Afurika, haba muri Afurika cyangwa hanze yayo, bidakwiye ko umugabane ukomeza kuguma mu biganiro gusa.

Ati: “Ariko ntidushobora gukomeza kuguma aho turi, duhora tuganira gusa ku bibazo byacu. Twamaze kumenya ibibazo dufite, kandi twemera ko dufite ibyo dukeneye kugira ngo tugere aho twifuza. Ariko kugeza ubu ntiturahagera.”

Perezida Kagame yavuze ko hakwiye kubaho impinduka mu mitekerereze no mu mikorere kugira ngo Afurika ibashe kugera ku cyerekezo yifuza.

Ati: “Twava dute ku mwanya wo kuba dufite hafi ya byose dukeneye, tuzi icyo tugomba gukora n’aho tugomba kugera, tukagera kuri Afurika twifuza? Byagiye bivugwa kenshi, hari Afurika twifuza. None se, niba dufite ibyangombwa byose dukeneye, kuki tutagira Afurika twifuza?”

Perezida Kagame yavuze ko ikibazo Afurika ihura na cyo gikwiye gutuma Abanyafurika bamenya neza ibikwiye guhinduka kugira ngo batere intambwe ijya imbere.

Yavuze ko ASG izagira uruhare mu kwigisha no gukora ubushakashatsi ku myumvire ikwiye gufasha Afurika kwiteza imbere.

Ati: “Iri shuri rero ni ishuri ryo kwigisha no gutanga ubumenyi, kandi abantu bazarigiramo byinshi bunguka. Ariko kandi rizaba ikigo kizubakwa hagamijwe guhindura imyumvire y’abantu no kubaka imyumvire ikenewe kugira ngo tugere ku byo twifuza.”

Yavuze ko hari umurimo ukomeye utari muto ugomba gukorwa, cyane ko hari byinshi Afurika imaze imyaka myinshi itabasha kugeraho uko bikwiye.

Ati: “Hari byinshi tumaze imyaka myinshi tutabasha kugeraho uko bikwiye. Tugomba kubyiga, kubikoraho ubushakashatsi, kubiganiraho no kubisuzuma, kugira ngo ubumenyi dufite tubashe kubukoresha mu guteza imbere Afurika.”

Perezida Kagame yashimangiye ko guhindura Afurika bidashoboka hatabanje guhinduka imyumvire n’imyitwarire by’Abanyafurika. Ati: “Ntidushobora guhindura Afurika tutabanje guhindura imyitwarire yacu, uburyo dukora ibintu n’imyumvire yacu. Tugomba kubikora nta kabuza. Ntidushobora gukomeza kuvuga ibyo tugomba gukora, hanyuma ngo dukore ibinyuranye na byo.”

Yavuze ko hakwiye kubaho guhuza ibyo Abanyafurika bavuga, ibyo bifuza n’ibyo bakora, kugira ngo ibyo biyemeje bigerweho. Ati: “Tugomba guhuza ibyo tuvuga, ibyo twifuza n’ibyo dukora, kugira ngo tubashe kubona umusaruro w’ibyo twifuza.”

Perezida Kagame kandi yavuze ko Abanyafurika bakwiye kuva ku muco wo guhora batangarira ibyo abandi bagezeho, cyane cyane abo hanze y’Umugabane, ahubwo bakubaka ubushobozi bwo gukora ibintu byiza byatuma na bo ubwabo bishimira ibyo bagezeho.

Yagaragaje ko muri Afurika harimo abantu bafite ubushobozi bwo gukora ibintu bikomeye, bityo ko hakenewe kubahuza no gukorera hamwe kugira ngo ubwo bushobozi buhinduke ibikorwa bifatika.

Yavuze ko gukomeza kureba abandi nk’abakora ibintu bifuza kurusha Abanyafurika bishobora gutuma Umugabane ukomeza kugendera ku byemezo n’amabwiriza by’abandi, aho kwigenera icyerekezo cyawo.

Umukuru w’Igihugu yasabye Abanyafurika kuva ku kwijujuta no guhora binubira ibitagenda, ahubwo bagashyira imbaraga mu gushaka ibisubizo, guhindura imyitwarire no kubaka umuco w’imikorere uganisha ku musaruro.

Yavuze ko ASG ikwiye kuba urubuga rutanga ibitekerezo n’ubumenyi bifasha Abanyafurika kwisuzuma, guhindura imyumvire no gushyira mu bikorwa ibikorwa byatuma Umugabane ugera ku iterambere wifuza.

Perezida Kagame yagaragaje ko Afurika ifite ibyo ikeneye byose ngo itere imbere
  • ZIGAMA THEONESTE
  • Kanama 25, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE