Manchester City yagize Enzo Maresca umutoza mushya
Ikipe ya Manchester City yatangaje ku mugaragaro ko yagize Enzo Maresca umutoza wayo mushya, aho yasinye amasezerano y’imyaka itatu azamugeza mu mpeshyi ya 2029. Ibi bibaye nyuma y’igenda rya Pep Guardiola wari umaze imyaka icumi ayitoza.
Mu butumwa bwe bwa mbere nyuma yo gutangazwa nk’umutoza wa Manchester City, Maresca yavuze ko intego ye ari ugukomeza gutsinda no gukinisha ikipe umupira ushimisha abafana. Yagize ati: “Ndashaka ko dutsinda, tugakina umupira mwiza kandi tukishimira igitutu cyo guhagararira Manchester City.”
Yakomeje agaragaza ko yishimiye gusubira muri iyi kipe, agira ati: “Iyi ni inshuro ya gatatu ngarutse muri Manchester City. Sinshobora gutegereza gutangira gutoza.”
Uyu Mutaliyani yavuze kandi ko azi neza imikorere y’iyi kipe ndetse ko kuyitoza ari amahirwe akomeye kuri we. Yagize ati: “Manchester City ni ikipe nzi neza, kandi guhabwa amahirwe yo kuyitoza ni ikintu gikomeye cyane kuri njye.”
Maresca yashimangiye ko impamvu yishimiye kwakira aka kazi ari uburyo iyi kipe icungwa, agira ati: “Manchester City ni ikipe icungwa mu buryo buhebuje. Buri kintu cyose bakora kiba giteguwe neza, gifite icyerekezo kandi kirangwa no guhanga udushya.”
Si ubwa mbere uyu Mutaliyani abaye muri Manchester City dore ko yabayemo kuva muri 2020-2023 ubwo yari yungirije Pep Guardiola wahoze atoza iyi kipe kugeza muri Kamena uyu mwaka.
NIYIRORA Theogene

