Koga: Ikipe y’u Rwanda  ikomeje  kwitegura imikino y’Afurika izabera muri Tunizia

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 20, 2023
  • Hashize imyaka 3
Image

Ikipe y’u Rwanda mu mukino wo Koga ikomeje  imyitozo  aho irimo kubera mu Karere ka Karongi mu Kiyaga cya Kivu mu rwego rwo kwitegura  imikino y’Afurika ikinirwa ku mucanga “Africa Beach Games 2023” izabera muri Tunizia mu mujyi wa Hammamet guhera taliki ya 23 kugeza  30 Kamena 2023.

Iyi kipe igizwe na Dusabe Claude, Iradukunda Eric, Maniraguha Eloi, Hategekimana Timamu, Nyirabyenda Neema na Ishimwe Claudette. Muri aba bakinnyi hagomba gutoranywamo babiri bazaserukira igihugu, umuhungu n’umukobwa aho bazahatana muri kilometero 5.

Kugeza ubu, abakinnyi bazahagararira u Rwanda muri iyi mikino igiye gukinwa ku nshuro yayo ya kabiri, uretse umukino wo Koga, abandi ni abo mu mikino ya Kung-Fu Wushu n’ikipe ya Basketball bakina ari 3 “3×3”.

Kugeza ubu, amakipe ahagarariye ibihugu 52 ni yo azitabira iyi mikino, akazaba agizwe n’abakinnyi 1,110.

Uretse abakinnyi, azaba aherekejwe n’abasaga 500 mu gihe abakorerabushake 300 bazafasha  kugira ngo imikino igende neza.

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 20, 2023
  • Hashize imyaka 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE