APR FC yatomboye Les Aigles du Congo, Rayon Sports itombora iyo muri Cameroun mu marushanwa ya CAF
APR FC yatomboye Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Champions League, mu gihe Rayon Sports izacakirana na Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun mu ijonjora ry’ibanze rya CAF Confederation Cup.
Tombola y’aya marushanwa yabereye ku cyicaro gikuru cy’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri Afurika (CAF) i Cairo mu Misiri, kuri uyu wa Kane, tariki ya 6 Kanama 2026.
Amakipe yombi azahagararira u Rwanda azatangirira urugendo rwayo mu ijonjora ry’ibanze.
APR FC izatangira yakirwa na Les Aigles du Congo hagati ya tariki ya 4 n’iya 6 Nzeri 2026 muri RDC, mbere yo kwakira umukino wo kwishyura i Kigali hagati ya tariki ya 11 n’iya 13 Nzeri 2026.
Les Aigles du Congo ni ikipe yasoje ku mwanya wa kabiri muri Shampiyona ya RDC ya 2025/26, irushwa na TP Mazembe yegukanye igikombe.
Ikipe izakomeza hagati ya APR FC na Les Aigles du Congo izahura n’izatsinda hagati ya AS Port yo muri Djibouti na Zamalek yo mu Misiri mu cyiciro gikurikiraho.
APR FC ikomeje imyiteguro y’umwaka mushya w’imikino nyuma yo gusezererwa muri CECAFA Kagame Cup 2026, aho yasoreje ku mwanya wa gatatu mu Itsinda A ryari ririmo Gor Mahia yo muri Kenya, Vipers SC yo muri Uganda na Garde Républicaine FC yo muri Djibouti.
Ikipe itozwa na Abderrahim Talib irateganya no gukina imikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga na Azam FC yo muri Tanzania ndetse na Jamus SC yo muri Sudani y’Epfo, mbere yo kwitabira FERWAFA Super Cup izahuza amakipe ane ya mbere muri Shampiyona y’u Rwanda ya 2025/26 hagati ya tariki ya 22 n’iya 28 Kanama 2026.
Rayon Sports yongeye guhura na Panthère Sportive du Ndé
Mu marushanwa ya CAF Confederation Cup, Rayon Sports yatomboye Panthère Sportive du Ndé yo muri Cameroun, ikipe baherukaga guhura mu ijonjora ry’ibanze ry’iri rushanwa mu 2015.
Icyo gihe, Rayon Sports yatsinze umukino ubanza wabereye i Douala igitego 1-0 cyatsinzwe na Léo Uwambajimana, mbere yo kongera gutsindira i Kigali ku gitego 1-0 cya Isaac Muganza, ihita ikomeza mu cyiciro gikurikiraho.
Panthère Sportive du Ndé ni ikipe yo mu Mujyi wa Bangangté yashinzwe mu 1952. Mu mwaka ushize yegukanye Igikombe cya Cameroun, ari na byo byayihesheje itike yo guhagararira iki gihugu mu marushanwa Nyafurika.
Umukino ubanza uzabera muri Cameroun hagati ya tariki ya 4 n’iya 6 Nzeri 2026, mu gihe uwo kwishyura uzabera i Kigali hagati ya tariki ya 11 n’iya 13 Nzeri 2026.
Ikipe izakomeza hagati ya Rayon Sports na Panthère Sportive du Ndé izahura n’izatsinda hagati ya Atomic Ngomé yo mu birwa bya Comores na Black Bulls yo muri Mozambique mu cyiciro gikurikiraho kizakinwa mu Ukwakira.
Mu rwego rwo kwitegura aya marushanwa, Rayon Sports yageze ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026, aho izahura na Gor Mahia yo muri Kenya ku wa Gatanu, tariki ya 7 Kanama 2026.

