APR FC yanyagiye Les Aigles du Congo iyisezerera muri CAF Champions League

  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 11, 2026
  • Hashize umunsi 1
Image

APR FC ihagarariye u Rwanda yanyagiye Les Aigles du Congo yo muri Repubulika Iharanira Demokorasi ya Congo ibitego 3-0, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu mikino ibiri y’amajonjora y’ibanze ya CAF Champions League.

Uyu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade Amahoro, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 11 Nzeri 2026, witabirwa n’abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen. Mubarak Muganga n’abandi batandukanye.

Umukino ubanza hagati y’amakipe yombi, warangiye ikipe ya Les Aigles du Congo itsinze APR FC igitego 1-0 cyinjijwe na Sozé Zemanga.

Iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yagiye gukina uyu mukino isabwa gutsinda ibitego 2-0 kugira ngo ikomeze mu ijonjora rya kabiri mu rugendo rwo gushaka itike yo gukina imikino y’amatsinda muri iri rushanwa rihuza amakipe yitwaye neza iwayo ku mugabane wa Afurika.

Ni umukino watangiye wegeranye cyane, amakipe yombi akinira cyane mu kibuga hagati, bituma n’uburyo bwo gushaka igitego buba buke.

Mu minota 20, APR FC yinjiye mu mukino itangira gusatira ishaka igitego harimo ishoti rikomeye ryatewe na Memel Dao ari inyuma y’urubuga rw’amahina, ariko rinyura hafi y’izamu gato.

APR FC yakomeje gukina neza bidatinze ku munota wa 32 yafunguye amazamu ku gitego cyatsinzwe na Djibril Ouattara ku mupira umunyezamu wa Les Aigles du Congo yananiwe gukina nyuma yo kubangamirwa na Mamadou Traore.

Ku munota wa 44’ APR FC yashoboraga gutsinda igitego cya kabiri ku mupira muremure wavuye kuri Hakizimana Adolphe, ariko umunyezamu wa Les Aigles du Congo awufata neza.

Igice cya mbere APR FC itsinze Les Aigles du Congo igitego 1-0.

Mu igice cya kabiri, Les Aigles du Congo yatangiranye imbaraga ishaka kwishyura igitego harimo Koruneri ebyiri zikurikiranya yabonye, ariko ubwugarizi n’umunyezamu wa APR FC bahagarara neza.

Ku munota wa 59’ Ishimwe Christian yatsindiye APR FC igitego cya kabiri kuri Coup-Franc yateye ari inyuma y’urubuga rw’amahina mu ruhande, umupira uruhukira mu izamu.

Ku munota wa 74, Djibril Ouattara wa APR FC yagushijwe mu rubuga rw’amahina n’umunyezamu wa Les Aigles du Congo, umusifuzi yemeza ko ari penaliti.

Iyo penaliti yinjijwe neza n’uyu rutahizamu atsinda APR FC igitego cya gatatu byongera amahirwe yo gukomeza muri iri rushanwa.

Iminota 10 ya nyuma, Les Aigles du Congo yagerageje kugabanya ikinyuranyo harimo Tonny Talasi Madudu wahushije uburyo bwabazwe ku mupira ugendera hasi yateye, ukubita igiti cy’izamu uvamo.

Umukino warangiye APR FC yatsinze Les Aigles du Congo yo muri RDC ibitego 3-0, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 3-1 mu ijonjora rya mbere rya CAF Champions League.

Mu ijonjora rya nyuma rigana mu matsinda, rizakinwa mu Ukwakira, APR FC izahura n’ikipe izakomeza hagati ya Zamalek SC na AS Port yo muri Djibouti.

Mu mukino ubanza, iyi kipe yo mu Misiri yatsindiye hanze ibitego 2-1. Umukino wo kwishyura uzabera i Cairo ku wa Gatandatu saa moya z’umugoroba.

Abakinnyi APR FC yabanje mu kibuga
Abakinnyi Les Aigles du Congo yabanje mu kibuga
William Togui ahanganye n’abakinnyi ba Les Aigles du Congo
Djibril Ouattara ahanganye na Muke
Amani Michael agerageza gushaka aho ashyira umupira
Djibril Ouattara ni we watsindiye APR FC igitego cya mbere
Ishimwe Christian yishimira igitego cya kabiri yatsinze
Ubwo Ishimwe Christian yatsindaga igitego ku mupira uteretse yatereye inyuma y’urubuga rw’amahina
Ibitego bibiri bya Djibril Ouattara byafashije APR FC gusezerera Les Aigles du Congo muri CAF Champions League
APR FC yasezereye Les Aigles du Congo mu ijonjora ry’ibanze ya CAF Champions League
  • SHEMA IVAN
  • Nzeri 11, 2026
  • Hashize umunsi 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE