Alicia na Germaine basohoye indirimbo ‘Ibanga’ bandikiwe na Niyo Bosco

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Nyakanga 9, 2026
  • Hashize iminota 51
Image

Itsinda ry’abaririmbyi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana rigizwe n’abavandimwe babiri Alicia na Germaine ryasohoye indirimbo nshya ‘Ibanga’, ikaba ibaye iya kabiri bandikiwe na Niyo Bosco nyuma y’iyo bise “Uriyo”.

Ni indirimbo bashyize hanze nyuma y’uko baherukaga gutaramira muri BK Arena mu gitaramo cyiswe ‘Easter Jubilee’ cyari cyateguwe n’itsinda rya ‘Ben na Chance’ bakavuga ko ari ibihe byari byiza kuri bo kuko ari ubwa mbere bari baririmbiye ku rubyiniro runini.

Aganiraho n’Imvaho Nshya Ufitimana Alicia yagize bati: “Ubusanzwe nitwe twiyandikira indirimbo gusa iyi yo yanditswe na Niyo Bosco, tuyikunda ariko cyane cyane ahagira hati ‘Abamwizera tugira uko tugenda, Dufite ibanga tugendana, Abamwizera ntituzanyeganyezwa twishingikirije Umunyembaraga, dukingiwe n’igitare gikomeye.”

Bakomeza bavuga ko abazayumva bazanyurwa kuko harimo ubutumwa butandukanye bwaba ubukomeza cyangwa ubukebura n’ububakangurira gukorera Imana yo mu gihugu cyo mu Ijuru, ntibishinge ibirangaza bindi.

Ati: “Twifuza ko abantu bayitega amatwi kuko irimo ubutumwa bukomeye abantu bakeneye muri iyi minsi, bitewe nuko lmana yabigambiriye, buri wese ashobora gukuramo ubutumwa bumugenewe. Gusa Kwimura Uwiteka ngo dukorere izindi Mana byo biragatsindwa.”

Uretse ‘Ibanga, ’Alicia na Germaine bazwi mu ndirimbo Urufatiro”, “Rugaba”, “Wa Mugabo”, “Ihumure”, “Uriyo”, n’izindi ndetse bakaba bakomeje kuko bavuga ko batazigera batenguha abakunzi babo.

Alicia na Germaine bashyize hanze indirimbo ‘Ibanga’ bandikiwe na Niyo Bosco
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Nyakanga 9, 2026
  • Hashize iminota 51
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE