01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda rugiye gushora asaga miliyari 19 Frw mu buhinzi bw’urumogi

07 March 2023 - 09:03
U Rwanda rugiye gushora asaga miliyari 19 Frw mu buhinzi bw’urumogi
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma  y’u Rwanda irateganya ko arenga miliyari 19 azashorwa mu buhinzi bw’urumogi hagamijwe kongera unusaruro warwo wifashishwa mu gukora imiti. 

Bivugwa ko hamaze gutegurwa ubutaka buzahingwaho icyo gihingwa kiri mu bibyara amadovize menshi ku Isi nk’uko byemejwe ubwo hatangazwaga ubuhinzi bw’urumogi mu mahirwe y’ishoramari 100 ya mbere agaragara mu Rwanda mu Nama y’Ishoramari yabaye mu cyumweru gishize. 

Ubuyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere (RDB) buvuga ko Leta yamaze gutegura hegitari zirenga 134 zizahingwaho urumogi nk’uko byemejwe mu mwaka ushize. 

Urumogi rwatekerejweho nka kimwe mu bihingwa by’ingirakamaro iyo bikoreshejwe mu rwego rw’ubuvuzi kuko rutanga imiti myinshi itabara ubuzima bw’abantu, ariko ntibikuraho ko iyo rukoreshejwe nabi ruba kimwe mu biyobyabwenge bihambaye. 

Imibare itangwa na RDB igaragaza ko ubuhinzi bw’urumogi rwifashishwa mu bivuzi ku Isi buteganyijwe kuva ku kwinjiza miliyari 28.3 z’amadolari y’Amerika (tiriyari 29 z’amafaranga y’u Rwanda) zikagera kuri miliyari 197.7 z’amadolari y’Amerika, ni ukuvuga tiriyari hafi 200 z’amafaranga y’u Rwanda, bitarenze mu mwaka wa 2028. 

Iyo nyongera izaba ingana na 32% iratanga amahirwe akomeye ku Rwanda ruteganya kongera umusaruro w’ibyoherezwa mu mahanga binyuze muri ubwo buhinzi buzabyazwamo imiti, amavuta yo kurya n’ayo kwisiga.

Gahunda y’ubuhinzi bw’urumogi yatangajwe bwa mbere mu myaka ibiri ishize aho u Rwanda rwiteze kurubyaza umusaruro mu buryo butekanye ari na ko amategeko agenga imikoreshereze yarwo akomeza gukazwa. 

Byatumye hashyirwaho itegeko rigena ubuhinzi bwarwo butekanye kandi bwubahirije amategeko, kuruhinga no kurutunganya. 

Bivugwa ko ibikorwa byo gutegura ahazahingwa urumogi bikomeje ndetse ibigo bigera kuri bitandatu ni byo byagaragaje ko byifuza gushora imari muri ubwo buhinzi. 

Umwe mu bayobozi bavuganye na The New Times yatangaje ko umwe muri abo bashoramari ageze kure imyiteguro yo gushyira ibintu ku murongo. 

Gusa nta makuru ahagije yatangajwe ku itangwa ry’ibyangombwa ku bifuza gushora imari mu buhinzi no gutunganya urumogi nubwo amakuru ahari ari uko nta n’umwe urabasha guhabwa icyo cyangombwa. 

Umuyobozi Mukuru wa RDB Clare Akamanzi, yagize ati: “Uzahabwa uruhushya rwo guhinga urumogi mu Rwanda azaba asabwa gushyiraho gahunda y’umutekano ikomeye yemejwe  n’Inzego z’umutekano zemewe kandi igomba kubahirizwa.”

Yemeje kandi ko ntaho urumogi ruhingwa mu buryo bwemewe ruzahurira n’abaturage ku isoko ryo mu Gihugu cyangwa ku bacuruzi ba magendu. 

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.