Algeria: Abantu 12 bishwe n’inkongi abarenga 50 barakomereka
Abantu 12 bishwe n’inkongi y’umuriro abandi 54 barakomereka nyuma y’uko umuriro ukomeye watijwe umurindi b’umuyaga wibasiye uduce two mu Majyaruguru y’uburasirazuba bwa Algeria.
Aljazeera yatangaje ko Minisitiri w’Umutekano w’Imbere mu gihugu, Said Sayoud, yemeje ko iyo nkongi yatangiye ku wa 26 Kanama 2026, aho yibasiye uduce nka Jijel, Bejaia na Tizi Ouzou turi mu Majyaruguru y’icyo gihugu ariko ntiyatangaza icyayiteye.
Minisitiri Sayoud wanasuye ibitaro bya Souk El Thenine muri Bejaia, aho abakomeretse kubera iyo nkongi barwariye, yavuze ko bari kwitabwaho ndetse yihanganisha ababuze ababo.
Ibiro ntaramakuru bya Algeria, Algeria Press Service (APS), byatangaje ko Sayoud yavuze ko muri ibyo bitaro hari abantu 54 bari kuvurwa ibikomere ndetse batandatu muri bo barembejwe nabyo.
Ikigo gishinzwe kurengera abasivili cyatangaje ko kimaze kubarura inkongi z’imiriro 154 hirya no hino muri Algeria, zikaba zibaye mu gihe icyo gihugu n’icyo bituranye, Tunisia byugarijwe n’ubushyuhe bukabije.
