Bebe Cool yakuriweho ikirego cya Miss Jolly

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 18, 2026
  • Hashize amezi 2
Image

Umuhanzi wo muri Uganda, Moses Ssali uzwi nka Bebe Cool, yemerewe kudakurikiranwa mu mategeko nyuma yo kubahiriza ibyo yari yasabwe n’Umunyarwandakazi Miss Mutesi Jolly, wari wamureze ibikorwa byafatwaga nk’ibimuharabika yari yashyize ku mbuga nkoranyambaga.

Mu ibaruwa yo ku wa 18 Kamena 2026, yanditswe na sosiyete y’abanyamategeko ya Mbidde & Co. Advocates ikorera i Kampala muri Uganda, hagaragajwe ko Bebe Cool yubahirije ibisabwa byari bikubiye mu nyandiko yamuburiraga ko ashobora kuregwa, yari yohererejwe ku wa 17 Kamena 2026.

Iyo sosiyete y’ubutabera yavuze ko Bebe Cool yemeye gukuraho inyandiko zari zarashyizwe ku mbuga nkoranyambaga ndetse anavugana n’umunyamategeko mukuru w’iyo sosiyete, Dr. Fred Mukasa Mbidde, ibintu byafashwe nk’intambwe ikomeye yo gukemura ikibazo cy’inyandiko zavugwagaho gusebanya.

Mbidde & Co. Advocates yatangaje ko kubera uko kubahiriza ibyo yasabwaga, nta zindi gahunda zo kujyana Bebe Cool mu nkiko zizakomeza muri iki kibazo.

Icyakora, iyo sosiyete yibukije ko uburenganzira bwa Miss Mutesi Jolly bugikomeza kurindwa n’amategeko, kandi ko ashobora kongera gufata izindi ngamba mu gihe ibintu nk’ibi byazongera kubaho mu gihe kiri imbere.

Ibaruwa yasinywe na Mbidde & Co. Advocates, sosiyete y’amategeko yari ihagarariye inyungu za Jolly Mutesi muri uru rubanza rwari rwatangiye gufata indi ntera hagati ye na Bebe Cool.

NIYIRORA Theogene

  • Imvaho Nshya
  • Kamena 18, 2026
  • Hashize amezi 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE