Ni PSG cyangwa ni Arsenal? Ibyo wamenya kuri Final ya UEFA Champions League

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 30, 2026
  • Hashize amasaha 5
Image

Kuri uyu wa Gatandatu guhera saa kumi n’ebyiri z’umugoroba hateganyijwe umukino wa nyuma wa UEFA Champions League uhuza Paris Saint- Germain yo mu Bufaransa na Arsenal yo mu Bwongereza. Umukino wa nyuma w’irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo i Burayi, urabera i Budapest muri Hongrie kuri Puskas Arena.

Ni umukino kandi uhuza amakipe yombi afitanye ubufatanye n’u Rwanda aho yamamaza ubukerarugendo bwarwo binyuze muri Visit Rwanda.

Paris Saint-Germain ifite igikombe giheruka cya 2025 yageze ku mukino wa nyuma isezereye Bayern Munich yo mu Budage mu gihe Arsenal yaherukaga mu mwaka wa 2006 yasezereye Atletico Madrid.

Muri uyu mukino Arsenal yagaruye myugariro ukina ku ruhande rw’iburyo Jurrien Timber wari umaze igihe yavunitse ni nako bimeze kuri PSG yagaruye Achraf Hakimi.

Arsenal ni yo kipe rukumbi yakinnye umwaka wose w’imikino wa Champions League, kugeza aka kanya, itaratsindwa. Mu mikino umunani ibanza, iyi kipe yo mu Bwongereza yazamutse ari iya mbere, yarinjije ibitego 24 mu gihe yo yinjijwe ibitego bine gusa.

Mu mikino yo gukuranamo, iyi kipe yabanje gusezerera Bayer Leverkusen iyitsinze ibitego 3-1 muri 1/8, ikurikizaho gusezerera Sporting Lisbon ku gitego 1-0, mu gihe muri ½ yakuyemo Atlético Madrid iyitsinze ibitego 2-1 mu mikino ibiri.

Ni umukino wa munani ugiye guhuza Paris Saint-Germain na Arsenal, aho kugeza ubu buri kipe yatsinze imikino ibiri.

Umukino wa mbere wahuje amakipe yombi wari uwo mu irushanwa rya kera ryitwaga UEFA Cup Winners Cup, ryaje guhinduka Europa League nyuma yo guhuzwa na UEFA Cup.

Icyo gihe Arsenal yakomeje ku giteranyo cy’ibitego 2-1 nyuma yo gutsindira mu rugo igitego 1-0 cyinjijwe na Kevin Campbell, mu gihe amakipe yombi yari yanganyije igitego 1-1 i Paris, Ian Wright atsindira The Gunners mu gihe David Ginola yatsindiye PSG.

Abakinnyi bashobora kubanza mu kibuga hagati y’amakipe yombi.

Paris Saint-Germain: Safonov; Zaire-Emery, Marquinhos, Pacho, Mendes; Neves, Vitinha, Ruiz; Doue, Dembele, Kvaratskhelia.

Arsenal: David Raya; Mosquera, William Saliba, Gabriel, Calafiori; Odegaard, Zubimendi, Rice; Bukayo Saka, Leandro Trossard na Viktor Gyökeres.

Puskás Aréna ni yo yakira uyu mukino wa nyuma uhuza Paris Saint-Germain na Arsenal
Paris Saint-Germain na Arsenal zamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda, zirahurira ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League
  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 30, 2026
  • Hashize amasaha 5
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE