Ramos Rogerio yagizwe umutoza w’abazamu mu Amavubi
Umunya-Brazil Ramos Dal Solio Rogerio yagizwe umutoza mushya w’abanyezamu mu Ikipe y’Igihugu y’Abagabo (Amavubi). Byatangajwe n’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 29 Gicurasi 2026, ku mbuga nkoranyambaga zayo. Uyu mugabo w’imyaka 52 wabaye umunyezamu, asimbuye Mugabo Alex wari umaze imyaka ine muri izo nshingano.
Ramos yatoje amakipe y’ibihugu arimo u Buhinde na Pakistan n’andi makipe nka Mumbai City FC, Mahindra United, Odisha FC na Vasco yo mu Buhinde mu gihe iwabo muri Brazil ari Es Santos na EC Novo Hamburgo.
Ahawe aka kazi mu gihe ikipe y’Igihugu izahaguruka i Kigali ku mugoroba wo ku wa Mbere, tariki ya 1 Kamena, yerekeza i Marrackesh muri Maroc gukina imikino ibiri ya gishuti aho u Rwanda ruzakina n’Ibirwa bya Comores ku wa 6 Kamena mbere y’uko rukina na Tanzania ku wa 9 Kamena 2026.
