Zuchu yatangaje ko yatandukanye na Diamond Platinumz
Umuhanzikazi uri mu bakunzwe muri Tanzania Zuchu akaba n’umugore wa Diamond Platinumz, yatangaje ko yamaze gufata umwanzuro wo gutandukana n’uwo muhanzi.
Ni umwanzuro afashe habura igihe gito ngo hashire umwaka abo bombi basezeranye mu idini ya Islam mu birori bakoze tariki 1 Kamena 2025 nk’uko bombi babitangaje ku mbuga nkoranyambaga zabo.
Amakuru y’itandukana ryabo yatangajwe na Zuchu abinyujije mu butumwa yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa 12 Nyakanga 2026, avuga ko ari umwanzuro wamugoye ariko yawufashe.
Yanditse ati: “Njyewe n’uwahoze ari mugenzi wanjye twatandukanye, turimo turanasaba gatanya.
Ntangaje ibi n’umutima uremerewe, nyuma y’imyaka 6 turi kumwe mu rukundo nahisemo kwikunda, namuretse uwari mugenzi wanjye Naseeb Abdul hamwe n’umuryango we mbufurije amahirwe masa. Kuri njye uyu mwanya ni uwo kwita ku buzima bwiza n’akazi.”
Muri ubwo butumwa Zuchu yakomeje avuga ko amafunguro ye kwa Diamond Platinumz yashizeyo kandi ibyabaye nubwo bimubabaje nk’umuntu biri mu mugambi w’Imana ko Imana ari yo yo kwiringirwa.
Diamond Platinumz na Zuchu batangiye gukundana mu 2020 bakaba bari bamaze imyaka itandatu bakundana nubwo imyinshi bayimaze mu rukundo rurimo ibibazo by’intonganya za hato na hato.
