U Rwanda rwakiriye impunzi n’abasaba ubuhungiro 177 baturutse muri Libya
Guverinoma y’u Rwanda, ku bufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Mpunzi (UNHCR), yakiriye itsinda rya 24 rigizwe n’impunzi n’abasaba ubuhungiro 177 baturutse mu gihugu cya Libya. Aba bageze mu Rwanda mu ijoro ryo ku wa 5 Kanama 2026. Barimo Abanya-Sudani 68, Abanya-Eritrea 66, Abanya-Ethiopia 15, Abanya-Sudani y’Epfo 26 n’Abanya-Somalia babiri.
Bahise bajyanwa mu Nkambi y’Agateganyo ya Gashora iri mu Karere ka Bugesera, aho bazacumbikirwa mu gihe bagitegereje gushakirwa ibindi bihugu byemera kubatuza mu buryo buhoraho. Kuva muri Nzeri 2019, u Rwanda rumaze kwakira abasaga 3 000 b’impunzi n’abasaba ubuhungiro baturutse muri Libya.
Muri bo, 2 681 bamaze kwimurirwa mu bindi bihugu byabemereye kubakira no kubatuza burundu, birimo Canada yakiriye 927, Leta Zunze Ubumwe za Amerika 325, u Bufaransa 332, Suède 297, Finlande 271, Noruveje 229, u Budage 132, u Buholandi 94 n’u Bubiligi 72.
Minisiteri ishinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yatangaje ko u Rwanda rukomeje ubushake bwarwo bwo gutanga ubuhungiro no kurengera abantu bahunga amakimbirane n’ibindi bibazo bibashyira mu kaga, mu rwego rwo gushyigikira ibikorwa mpuzamahanga byo kurengera impunzi.

