Rayon Sports yegukanye CECAFA Kagame Cup nyuma y’imyaka 28

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 7, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

Rayon Sports yari ihagarariye u Rwanda yegukanye igikombe cya CECAFA Kagame Cup 2026 cyakinirwaga i Kigali, itsinze Gor Mahia yo muri Kenya ibitego 2-1 mu mukino wakinwe iminota 120.

Uyu mukino wabaye kuri uyu wa 7 Kanama 2026, kuri Stade Amahoro yuzuye abafana ibihumbi 45 barimo Minisitiri w’Intebe, Dr. Nsengiyumva Justin, Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, Perezida wa FERWAFA, Shema Ngoga Fabrice n’abandi.

Ni umukino watangjye amakipe yombi yigana ariko Gor Mahia ikiharira umupira hagati mu kibuga bagerageza amashoti atandukanye ariko akanyura kure cyane y’izamu rya Rayon Sports ryarimo Junior Dande.

Mu minota 25, Rayon Sports yinjiye mu mukino itangira gukina neza hagati mu kibuga igumana umupira ndetse abakinnyi basatira bagerageza kurema uburyo bwo gutsinda igitego.

Ku munota wa 28, Rayon Sports yafunguye amazamu ku mupira Nshimiyimana Emmanuel Kabange yahinduye mwiza mu rubuga, Gor Mahia iwukuraho nabi usanga Junior Kameni awushyira mu izamu.

Igice cya mbere cyarangiye Rayon Sports itsinze Gor Mahia igitego 1-0.

Mu igice cya kabiri, Gor Mahia yatangiranye impinduka eshatu Paul Ochuoga, Paul Okoth na Ebenezer Adu-kwaw, basimburwa na Othieno Onyona, Ebenezer Assifuah na Stanley Omondi.

Izi mpinduka zahise zitanga umusaruro kuko ku munota wa 54, Sabuni Odhiambo Sharriff yishyuriye Gor Mahia ku mupira muremure yahawe, yinjira mu rubuga rw’amahina, acenga Nshuti Didier ahita atera ishoti rikomeye mu izamu.

Ku munota wa 63, Umutoza wa Rayon Sports, Haringigo Francis yakoze impinduka Muhoza Daniel asimbura Iradukunda Elie Tatou.

Mu minota 70, iyi kipe yo muri Kenya yakomeje kwiharira umupira hagati mu kibuga binyuze mu bakinnyi bayo basatira barimo Sirengo na Assifuah.

Iminota 10 ya nyuma yakomeje kwiharirwa na Gor Mahia yahushaga uburyo butandukanye imbere y’izamu.

Iminota 90 isanzwe yarangiye amakipe yombi anganya igitego 1-1, hongerwaho indi minota y’inyongera.

Ku munota wa 96, Rayon Sports yabonye igitego cya kabiri cyinjijwe na Muhoza Daniel ku mupira yateye yigaramye awushyira mu rushundura.

Ntakindi gitego cyabonetse kugeza umukino urangiye Rayon Sports yatsinze Gor Mahia ibitego 2-1, yegukana igikombe cy’irushanwa rya CECAFA Kagame Cup 2026 ryari rimaze ibyumweru bibiri ribera i Kigali.

Gikundiro yaherukaga kwegukana iri rushanwa mu 1998, icyo gihe yatsinze Mlandege FC yo muri Zanzibar ibitego 2-1.

Umwanya wa gatatu wegukanywe na Al Hilal SC yo muri Sudani itsinze Jamus FC yo muri Sudani y’Epfo ibitego 2-1.

Ibitego bya Al Hilal SC byinjijwe na Ansumana Samura (54′) na Abdelrazig Yagoub Omer Taha (66’) mu gihe icya Jamus SC cyatsinzwe na Simon Majak (90+1’).

Kwegukana CECAFA Kagame Cup 2026 byahesheje Rayon Sports ibihumbi 30$ (miliyoni 44 Frw). Gor Mahia ya kabiri yahawe ibihumbi 20$ naho Al-Hilal SC ya gatatu ihabwa ibihumbi 10$.

Umukinnyi w’irushanwa yabaye kapiteni wa Rayon Sports Nshimiyimana Emmanuel ‘Kabange’, umunyezamu mwiza yabaye Dande Junior wa Rayon Sports winjijwe ibitego bibiri.

Ba rutahizamu b’irushanwa ni babiri Djibril Outtara wa APR FC na Ansumana Samura wa Al-Hilal SC bombi binjije ibitego bitatu naho ikipe yagaragaje ‘fair-play’ yabaye Rayon Sports.

Niyonzima Haruna yegukanye CECAFA Kagame Cup inshuro ebyiri muri APR FC n’ebyiri muri Young Africans SC, ni we winjiranye igikombe cyatanzwe
Kapiteni wa Rayon Sports Nshimiyimana Emmanuel” Kabange” ni we watowe nk’umukinnyi mwiza w’irushanwa
Igitego cya Muhoza Daniel cyahesheje Rayon Sports igikombe cya CECAFA Kagame 2026
Umuhanzi Chriss Eazy yataramiye abitabiriye umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026
Muderi Akbar ahanganye na Shariff Musa Sirengo
Shariff Musa Sirengo ni we wishyuriye igitego Gor Mahia
Shariff Musa Sirengo yishimira igitego cyo kwishyura yatsindiye Gor Mahia
Umusifuzi w’Umunya-Somalia Omar Artan ni we wayoboye umukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup 2026
Junior Kameni yishimira igitego yatsinze
Stade Amahoro yari yuzuye abafana ibihumbi 45
  • SHEMA IVAN
  • Kanama 7, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE