France Mpundu aritegura kwibaruka imfura

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kamena 2, 2026
  • Hashize amasaha 7
Image

Umuhanzikazi wo mu Rwanda France Mpundu yagaragaje ko we n’umukunzi we Moctar ukomoka muri Niger bitegura kunguka imfura yabo kandi bifuje kubisangiza abakunzi babo nubwo batabasangije uko umuryango wabo watangiye.

Abinyujije ku mbuga nkoranyambaga kuri uyu wa Kabiri tariki 02 Kamena 2026, Mpundu yasangije amafoto amugaragaza ari kumwe na Moctar, bishimye ko bagiye kuzuza umubare w’abantu batatu mu muryango bubakanye.

Yanditse ati: “Sinzi uko nabivuga gusa twafashe icyemezo cyo kubibereka. ‘Moctance’ si inkuru y’urukundo rwatangiriye mu maso yanyu ahubwo ni amateka y’ubuzima bw’umuryango w’ibyamamare wamaze kunguka uwa gatatu.”

Inkuru y’urukundo rw’aba bombi yatangiye kuvugwa cyane nyuma y’uko bahuriye mu kiganiro ‘The Secret Story’ bakagikundaniramo, bituma abafana babagaragariza urukundo ku rwego rwo hejuru ari na bwo byashyizwe ku mugaragaro tariki 15 Ugushyingo 2025. 

Icyo gihe ni bwo Moctar yambikiye impeta muri icyo kiganiro uyu Munyarwandakazi amusaba ko yamubera umukunzi, nyuma biza gushimangirwa n’iyo yamwambitse ku ya 28 Gicurasi 2026 ishimangira urwo amukunda mu birori byabereye muri Zanzibar.

Kuba urukundo rwabo rwaratangiriye muri icyo kiganiro byatumye abagitegura n’abaterankunga bacyo bafata umwanzuro wo kubakorera ikiganiro cy’ubuzima bwabo kizajya gitambuka kuri ‘Canal+ Magic’. Ni ikiganiro kizitwa ‘Vie VIP’ kizibanda ku mashusho y’ubuzima France na Moctar babamo yaba mu Rwanda ndetse n’ahandi bakunze gutemberera cyane ko buri ntambwe yabo yose iba ifatwa amashusho.

France Mpundu atangaje ko yitegura kubyara nyuma y’uko aherutse kwambikwa indi mpeta n’umugabo we Moctar
Mpundu yagaragaje ko umuryango wabo ugiye kunguka undi muntu wa gatatu
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kamena 2, 2026
  • Hashize amasaha 7
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE