Champions League: Manchester United na Arsenal zatsinzwe
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri imikino y’amatsinda mu irushanwa ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku Mugabane w’u Burayi, UEFA Champions League yakomeje hakinwa umunsi wa kabiri mu matsinda kuva mu itsinda A kugeza D, Manchester United yatsindiwe mu rugo, Arsenal yatsindiwe mu Bufaransa na RC Lens, naho Real Madrid bigoranye ikura amanota atatu mu Butaliyani.
Mu itsinda A ku kibuga Old Trafford Manchester united yari yakiriye Galatasaray yo muri Turukiya, Manchester United ni yo yabanje igitego muri uyu mukino cyatsizwe na Rasmus Hojlund ku munota wa 7 cyishyurwa na Wilfried Zaha ku munota wa 23 maze igice cya mbere kirangira amakipe yombi anganyije igitego 1-1.
Mu gice cya kabiri cyatangiye Manchester United isatira cyane maze ku munota wa 67 Rasmus Hojlund atsinda igitego cya kabiri.
Hashize iminota ine gusa Galatasaray yabonye igitego cya kabiri cyo kwishyura cyatsinzwe na Kerem Akturkoglu ku makosa ya bamyugariro.
Ku munota wa 77 Casemiro yabonye ikarita ya kabiri y’umuhondo bimuviramo itukura nyuma yo gutega umukiinnyi wa Galatasaray mu rubuga rw’amahina.
Gusigara ari abakinnyi 10 ku ruhande rwa Manchester united byatumye Galatasaray isatira cyane maze ku munota wa 81 Mauro Icardi yatsinze igitego cya gatatu cya Galatasaray.
Muri iri tsinda kandi Bayern Munich yatsindiye FC Copenhagen iwayo ibitego 2-1 byatsinzwe na Jamal Musial na Mathys Tel byose byabonetse mu gice cya kabiri.
Bayern Munich ni yo iyoboye n’amanota 6 ikurikirwa na Galatasaray n’amanota 4, FC Copenhagen n’inota 1 mu gihe Manchester United ifite ubusa mu mikino ibiri.
Mu itsinda B kuri Stade Bollaert mu Bufaransa, RC Lens yari yakiriye Arsenal zaherukaga guhurira muri iri rushanwa mu 1998. Wari urenze kuba umukino kubera uburyo abafana b’iyi kipe yari mu rugo bakunda gushyushya stade yabo baririmba indirimbo zirimo “Les Corons” ya Pierre Bachelet.
Muri iri tsinda kandi Bayern Munich yatsinze FC Copenhagen iwayo ibitego 2-1 byatsinzwe na Jamal Musial ana Mathys Tel byose byabonetse mu gice cya kabiri.
Muri itsinda Bayern Munich ni yo iyoboye n’amanota 6 ikurikirwa na Galatasaray n’amanota 4, FC Copenhagen n’inota 1 mu gihe Manchester United ifite ubusa mu mukino ibiri.

Mu itsinda B Kuri Stade Bollaert mu Bufaransa, RC Lens yari yakiriye Arsenal zaherukaga guhurira muri iri rushanwa mu 1998. Wari urenze kuba umukino kubera uburyo abafana b’iyi kipe yari mu rugo bakunda gushyushya stade yabo baririmba indirimbo zirimo “Les Corons” ya Pierre Bachelet.
Ku munota wa 13, Lens yakataje umupira mu kibuga cyayo binyuze kuri Facundo Medina, Bukayo Saka wawufashe akinana na Gabriel Jesus wahise aroba umunyezamu.
Ku munota wa 24, Lens yabonye igitego cyo kwishyura cyinjijwe na nyuma y’uko Deiver Machado yafasha umupira watewe na David Raya, awutanga kuri Adrien Thomasson watsinze igitego cyiza mu nguni.
Ubu buryo bwakurikiwe n’ubwa Arsenal na yo yashoboraga kongera kubona izamu, ishoti rya Tomiyasu mu rubuga rw’amahina, rikurwamo n’umunyeza mu Brice Samba n’ikirenge.
Ku munota wa 70, Frankowski yahinduye umupira ukomeye wasanze Elye Wahi ku murongo w’urubuga rw’amahina, atera ishoti umunyezamu David Laya atabashije guhagarika.
Mu minota ya nyuma, amakipe yombi yabonye ubundi buryo; ishoti rya Smith-Rowe rikurwamo n’umunyezamu mu gihe Florian Sotoca yateye umupira wanyuze ku ruhande.
Gutsinda uyu mukino byatumye Lens iyobora Itsinda C n’amanota ane, ikurikiwe na Arsenal n’amanota atatu mu gihe Seville FC yagize amanota abiri nyuma yo kunganyiriza mu Buholandi na PSV Eindhoven ibitego 2-2.
Mu Itsinda C, Real Madrid yongeye kubona intsinzi igoye nyuma y’uko yikuye ku kibuga cya Napoli SSC ihatsindiye ibitego 3-2 byatsizwe na Vinicius Junior, Jude Bellingham na Alex Meret witsinze igitego, mu gihe na Union Berlin yatsindiwe mu rugo na SC Braga ibitego 3-2.
Real Sociedad yayoboye Itsinda D n’amanota ane nyuma yo gutsindira RB Salzburg iwayo ibitego 2-0, inganya na Inter Milan yatsinze Benfica igitego 1-0 cyinjijwe na Marcus Thuram mu gice cya kabiri.

Imikino iteganyijwe ku wa Gatatu
Itsinda E:
Atletico Madrid vs Feyenoord (18:45)
Celtic vs Lazio (21:00)
Itsinda F:
Borussia Dortmund vs AC Milan (21:00)
Newcastle United vs PSG (21:00)
Itsinda G:
FK Crvena Zvezda vs Young Boys (21:00)
RB Leipzig vs Manchester City (21:00)
Itsinda H:
Royal Antwerp vs Shakhtar Donetsk (18:45)
FC Porto vs FC Barcelone (21:00)

SHEMA IVAN