Mukura VS yasimbujwe APR FC muri FERWAFA Super Cup
Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryatangaje ko ikipe ya Mukura VS yasimbujwe APR FC yikuye mu irushanwa ryo guhatanira igikombe kiruta ibindi mu Rwanda “FERWAFA Super Cup 2026”.
Ku wa 11 Kanama 2026, ni bwo APR FC yandikiye FERWAFA iyimenyesha ko itazitabira Super Cup, igaragaza ko itigeze imenyeshwa mbere ibijyanye n’impinduka zo kongera amakipe yitabira iri rushanwa akava kuri abiri akagera kuri ane.
Ni umwanzuro washyizwe hanze kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 18 Kanama 2026, nyuma y’ibiganiro bitandukanye FERWAFA yagiranye n’amakipe ya APR FC, Rayon Sports, Kiyovu Sports na Police FC.
Yagize iti “Hemejwe ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane, mu mikino ibiri ya ½ cy’irangiza n’umukino wa nyuma nk’uko byari biteganyijwe.”
“Kubera ko APR FC yamenyesheje FERWAFA ko itazitabira iri rushanwa muri ubu buryo bw’amakipe ane, hemejwe ko Mukura Victory Sports & Loisirs yabaye iya gatanu muri BK Pro League ya 2025/2026, ari yo izitabira iri rushanwa nk’ikipe ya kane.”
Muri ½ Kiyovu Sports izahura na Mukura Vs saa cyenda naho Rayon Sports ikine na Police FC guhera saa kumi n’ebyiri n’igice ku wa 27 Kanama. Amakipe azatsinda azahurira ku mukino wa nyuma uteganyijwe ku wa 30 Kanama 2026, kuri Kigali Pele Stadium.
APR FC ni yo ifite igikombe giheruka cya FERWAFA Super Cup, nyuma yo gutsinda Rayon Sports ibitego 4-1 muri Mutarama 2026.

