Gloria Bugie yatangaje abahanzi yifuza gukorana na bo indirimbo

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 18, 2026
  • Hashize amasaha 6
Image

Umuhanzikazi ufite inkomoko mu Rwanda ariko ukorera umuziki muri Uganda Gloria Bugie yatangaje abahanzi batatu muri Uganda yifuza cyane gukorana na bo indirimbo agaragaza ko barimo Juliana Kanyomozi.

Ni bimwe mu byo uwo muhanzi yagarutseho ku mugoroba w’itariki 17 Kanama 2026, ubwo yavugaga ku ntego afite muri muzika, agasobanura ko hari abahanzi amaze igihe yubaha yifuza gukorana na bo mu gihe kiri imbere.

Yagize ati: “Nifuza gukorana indirimbo na Maddox, Juliana Kanyomozi na Cindy Sanyu. Kuri njye byaba ari ibintu bishimishije cyane naba nkabije inzozi kuko nakuze mbakunda kandi ndabubaha.”

Bugie agaragaza ko yifuza kungukira ku bunararibonye bw’aba bahanzi, mu gihe na we yaba akora umuziki ushobora guhuza abakunzi ba muzika bo mu bisekuru bitandukanye muri Uganda.

Uwo muhanzikazi amaze igihe yigaragaza mu ruganda rw’imyidagaduro muri Uganda, aho arushaho kumenyekana binyuze mu bihangano bye ndetse n’ibitekerezo bye atajya atinya gutangaza ku mbuga nkoranyambaga no mu ruhame.

Gloria Bugie azwi mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Sagala” yakoranye na A Pass, “See Me”, “Nyash”, “Chikicha” yakoranye na B2C ndetse na “Kampala”, zikaba zimwe mu ndirimbo zamufashije kumenyekana no gukomeza kwigarurira abakunzi ba muzika muri Uganda.

Gloria Buggie yatangaje yifuza kuzakorana umuziki n’abarimo Cindy na Juliana
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Kanama 18, 2026
  • Hashize amasaha 6
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE