U Budage: Uwagonze abantu ku isoko rya Noheli yashinjwe igitero cy’ubwicanyi

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Ukuboza 22, 2024
  • Hashize amezi 8
Image

Polisi ya Magdeburg mu Budage, kuri iki Cyumweru, yavuze ko umugabo wishe agonze  abantu batanu abandi barenga 200 bagakomerekera ku isoko rya Noheli i Berlin, akurikiranyweho ibyaha by’ubwicanyi, ubugizi bwa nabi no kugambirira kwica.

Mu bantu uyu mugabo yahitanye harimo  umwana w’umuhungu w’imyaka 9, abagore bane bafite imyaka 52, 45, 75 na 67, nk’uko itangazo rya Polisi ribivuga.

Muri 200 bakomeretse abarenga 40 bakomeretse bikabije mu gihe uwo mushoferi yahise afatirwa aho yagongeye abo bantu.

Icyo gikorwa bikekwa ko cyari kigambiriwe yabaye ku wa Gatanu cyazamuye ubwoba mu baturage ndetse benshi batangira kugira impungenge ku bibazo by’abimukira bari mu Budage.

Iperereza ryerekanye ko umugabo w’umwimukira  witwa Taleb  ari we wihishe inyuma y’icyo gitero, akaba yari asanzwe ari   umuganga  waturutse muri Saudi Arabia, udafite aho ahuriye n’imitwe yitwaje intwaro kuko yakunze kugaragaza ko adashyigikiye idini  ya Isilamu, akaba yari abaye mu Budage imyaka igera kuri 20.

Inzego zishinzwe iperereza zikomeje gushaka amakuru ngo hamenyekane impamvu yatumye abikora, abo bafatanyije cyangwa niba hari amakuru yihariye y’isano  afitanye n’indi mitwe yitwaje intwaro.

Umukuru wa Leta y’u Budage Olaf Scholz, yihanganishije imiryango yabuze ababo anashimira abagize uruhare bose mu gutanga ubutabazi bwihuse, ndetse asaba ko ubwirinzi bwakazwa muri iki gihe cy’iminsi mikuru isoza umwaka.

Si ubwa mbere mu Budage hagabwa igitero nk’iki  kuko mu myaka umunani ishize ikamyo yishe 12 abandi 49 barakomereka ubwo bari mu isoko rya Noweli i Berlin.

  • NTAWITONDA JEAN CLAUDE
  • Ukuboza 22, 2024
  • Hashize amezi 8
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE