Papa mushya yabonetse, yitwa Robert Francis Prevost

  • KAMALIZA AGNES
  • Gicurasi 8, 2025
  • Hashize amezi 3
Image

Kuri uyu mugoroba wo ku wa Kane tariki ya 08 Gicurasi 2025, i Vatican hejuru ya Chapele ya Sistine hazamutse umwotsi w’umweru, bivuze ko Umushumba Mukuru wa Kiliziya Gatolika ku Isi yabonetse.

Yitwa Robert Francis Prevost (Papa Leo XIV), akaba Umunyamerika w’imyaka 69 aho yavutse mu mwaka wa 1955 muri Leta ya Chicago muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika (USA).

Karidinali Protodeacon Dominique Mamberti, niwe watangaje ko Papa mushya yabonetse.

Yagize ati: “N’umunezero mwinshi ndabamenyesha ko dufite Papa. Nyiricyubahiro Nyagasani Robert Francis  Karidinali w’Itorero ryera wafashe izina  Leo XIV.”

Papa abonetse nyuma y’uko amatora y’ejo ku wa 07 Gicurasi no mu gitondo cy’uyu wa kane hazamautse umwotsi w’umukara, usobanuye ko yari ataraboneka.

Papa Leo XIV asimbuye Papa Francis witabye Imana ku wa 21 Mata 2025  azize indwara z’ubuhumekero yari amarenye iminsi.

Nyuma y’umwotsi w’umweru abantu basazwe n’ibyishimo
Amarira y’umunezero yabaye ni kimwe mu byaranze abari bategereje Papa mushya
Akanyamuneza ni kose ku bakirisitu Gatolika
  • KAMALIZA AGNES
  • Gicurasi 8, 2025
  • Hashize amezi 3
TANGA IGITEKEREZO
nizemana says:
Gicurasi 8, 2025 at 10:50 pm

Papa mushya kuba yabonetse nibyiza kubemera imana.

Mbarushimana says:
Gicurasi 12, 2025 at 7:00 pm

Nibyiza.cyane.twishimyepe¡

MUREKAZE Bernardine says:
Kamena 26, 2025 at 9:59 pm

Imana ishimwe kbs

Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE