Ibitaravuzwe: Trump yatinye Iran asesera mu modoka itwara amafunguro, yinjira mu ndege

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 11, 2026
  • Hashize amasaha 3
Image

Hari raporo zigaragaza ko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yajijishije abantu agahindura indege yagombaga kumutwara rwihishwa, agasesera mu modoka itwara amafunguro akinjira mu yindi ndege kubera gutinya kugabwaho igitero na Iran, igihe yavaga mu nama ya NATO yabereye i Ankara muri Türkiye ku wa 7–8 Nyakanga 2026.

Ikinyamakuru Washington Post cyatangaje ko Perezida Trump yigaragaje apepera abantu imbere y’itangazamakuru yurira indege ya perezida, Air Force One, ariko mu ibanga rikomeye akaza kwimurirwa mu ndege ya gisirikare hifashishijwe imodoka itwara amafunguro.

Amashusho yo ku wa 8 Nyakanga 2026, yagaragaje Perezida Trump yurira indege ya perezida ku kibuga cy’indege cya Ankara, ariko nkuko Washington Post yabitangaje nyuma yaje gukurwa muri iyo ndege mu ibanga, ajyanwa mu ndege nto ya gisirikare yo mu bwoko bwa C-32A, akenshi ikunze gutwara Visi-Perezida.

Trump yajyanywe muri iyo ndege hifashishijwe imodoka itwara amafunguro, yari yazamuwe hejuru aho yari iri ku rundi ruhande rw’ikibuga rutari urwo Trump yari yakoresheje ubwo yuriraga Air Force One.

Ubu buryo bwajijishije abanyamakuru bituma batamenya ko Trump yavuye muri Air Force One akajya mu yindi ndege.

Perezida Trump ngo yahise akomeza urugendo yerekeza mu Bwongereza, mbere yo gusubira muri Amerika. Agezeyo ngo ni bwo yongeye kwinjira muri Air Force One yari yagaragaye yinjiramo mbere ndetse hari amashusho yamugaragaje amanuka muri iyo ndege nyuma yo kugera ku kibuga cy’indege cya RAF Mildenhall.

Amakuru yemezwa na CBS News avuga ko inzego z’umutekano za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zari zamenye amakuru yizewe avuga ko Iran ishobora kurasa misile ku ndege yari itwaye Trump.

Ubwo yari mu nama i Ankara, Trump yari yavuze ko Iran imubona nk’intego yayo, ndetse uko guhindura indege kwaje nyuma y’umunsi umwe Amerika isubukuye ibitero bya gisirikare kuri Iran, nyuma yo gupfuba kw’ibiganiro by’amahoro.

Umuyobozi ushinzwe itumanaho muri White House, Steven Cheung, ntiyigeze yemeza cyangwa ngo ahakane mu buryo butaziguye ayo makuru.

Icyakora yavuze ko Air Force One nshya ari indege ifite ikoranabuhanga rigezweho cyane kandi ko ifite ingamba z’umutekano zigamije kurinda Perezida Trump n’abo bari kumwe nubwo hari haratanzwe umuburo w’akaga gashobora kugwira indege ya Perezida bikozwe na Iran.

Yabanje kwiyerekana mu ndege itwara Perezida, ariko si yo yamujyanye
  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 11, 2026
  • Hashize amasaha 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE