Abarerewe muri Heroes FC  bahaye impano ubuyobozi bw’iyi kipe

  • Imvaho Nshya
  • Ukuboza 31, 2022
  • Hashize imyaka 3
Image

Abakinnyi bazamukiye mu ikipe ya Heroes FC  ibarizwa mu cyiciro cya kabiri bashimiye ubuyobozi bw’iyi kipe.

Iki gikorwa cyabaye ku wa Kane taliki 29 Ukuboza 2022 mu Karere ka Bugesera aho cyabimburiwe n’umukino wa gicuti wahuje ikipe ya Heroes FC  aho yakinnye n’ikipe y’abakinnyi bazamukiye muri iyi kipe bakina mu cyiciro cya mbere barimo  Mugisha Bonheur na Niyomugabo  Claude (APR FC) birangira amakipe yombi anganyije ibitego 3-3.

Nyuma y’uyu mukino hakurikiyeho ubusabane ku bagize umuryango mugari wa Heroes FC, Niyomugabo Claude ukinira APR FC n’ikipe y’igihugu “Amavubi” yavuze ko batekereje iki  gikorwa mu rwego rwo gushimira ubuyobozi bwa Heroes FC  bwabafashije kugera aho bageze ubu ndetse banabasaba ko cyaba igikorwa ngarukamwaka.

Umuyobozi wa Heroes FC, Kanamugire Fidele  yashimiye aba bakinnyi  banyuze muri iyi kipe ababwira ko uyu mutima bagize wo kwibuka aho bavuye ari iby’agaciro maze abizeza ko azakomeza kubabera umubyeyi ndetse ko atazahwema kubagira inama mu buzima bwabo bwa buri munsi.

Umuyobozi wa Heroes FC, Kanamugire Fidele 

Muri iki gikorwa  ubuyobozi bwa Heroes FC bwatanze inkunga y’ubwisungane mu kwivuza  ku miryango 165 itishoboye yo mu Murenge wa Mayange mu rwego rwo gusangira nabo iminsi mikuru isoza umwaka ahatanzwe inkunga ingana n’ibihumbi 500 by’amafaranga y’u Rwanda.

Perezida wa Heroes FC, Kanamugire Fidele (iburyo) ashyikiriza inkunga Uwamahoro Roseline (ibumuso) wari uhagarariye Umurenge wa Mayange

Uwamahoro Roseline ushinzwe imari n’abakozi mu Murenge wa Mayange wari witabiriye iki gikorwa yashimiye ubuyobozi bwa Heroes FC  ku ruhare rw’iterambere mu rubyiruko rwo mu Murenge wa Mayange no mu Karere ka Bugesera muri rusange abasaba kubikomeza.

Abakinnyi bazamukiye muri Heroes FC bitabiriye iki gikorwa

Niyomugabo Claude (APR FC), Mugisha Boneur (APR FC), Uwiduhaye Aboubakar Said (APR FC), Kanamugire Roger (Rayon Sports), Munyeshyaka Gilbert (Musanze FC), Byiringiro Gilbert (APR FC), Ishimwe Patrick (Rayon Sports), Nduwayo Valeur (Musanze FC), Manzi Aimable (Musanze FC), Cyubahiro Costantin (Mukura), Twagirumukiza Clement (Mukura), Dushimima Olivier (Bugesera FC), Ntakirutimana Theotime (Bugesera FC), Nyarugabo Moise (AS Kigali), Iradukunda Ally (Bugesera FC ), Dusingizima Gilbert (AS Kigali), Uwimana Guilain (AS Kigali), Ngabonziza Guilain (APR FC), Mudacumura Jackison (Mukura), Murenzi Patrick (Mukura) na Twizerimana Onesme (Police FC).

  • Imvaho Nshya
  • Ukuboza 31, 2022
  • Hashize imyaka 3
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE