01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Ibyiciro by’Ubudehe ntibizongera gushingirwaho mu guhabwa serivisi

17 March 2023 - 14:43
Ibyiciro by’Ubudehe ntibizongera gushingirwaho mu guhabwa serivisi

Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC yibukije ba Rushingwangerero ibyo bagomba kwitaho (Fotot MINALOC)

Share on FacebookShare on Twitter

Guhera mu kwezi kwa Nyakanga 2023, ntibizaba bikiri ngombwa ko umuntu ahabwa serivisi hashingiwe ku cyiciro arimo nk’uko byatangarijwe ba Rushingwangerero bo mu Ntara y’Uburengerazuba bari mu Itorero mu Kigo cy’Ubutore cya Nkumba mu Karere ka Burera.

Byagarutsweho n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigo gishinzwe guteza imbere ibikorwa by’Iterambere mu Nzego z’Ibanze (LODA), Nyinawagaga Claudine ubwo kuri uyu wa Kane yabwiye ba Rushingwangerero ko kuva muri Nyakanga 2023, Ibyiciro by’Ubudehe bitazongera gukoreshwa mu gutanga serivisi zisanzwe zibishingiraho nka Mituweli, VUP na Ejo Heza.

Yagize ati: “Ibyiciro bishya bitanu biherutse kwemezwa n’Inama y’Abaminisitiri (A, B, C, D na E) bizafasha Leta mu igenamigambi kuko bizagaragaza ishusho y’imibereho y’abaturage n’uko barutana mu bukungu n’imibereho myiza, ariko ntibizashingirwaho mu gutanga serivisi”.

Gushyira ingo mu byiciro by’Ubudehe ni ngombwa kuko bifasha Igihugu kugira amakuru y’ibanze yifashishwa mu igenamigambi, ariko nta muturage uzabwirwa icyiciro arimo kuko nta serivisi izagishingiraho.

Yanagaragaje ariko ko byari ngombwa kuba hari ibyashingiraga ku byiciro, ariko ko n’ubundi bizashyirirwaho amabwiriza abigenga.

Ati: “Serivisi n’inkunga byashingiraga ku byiciro by’Ubudehe (VUP, Mituweli, Ejo Heza, Gahunda zo kurwanya imirire mibi n’igwingira mu bana, Nkunganire, Girinka…) bizashyirirwaho amabwiriza yihariye”.

MINALOC na LODA barategura ‘Social Registry’ izaba ikubiyemo amakuru ku ngo, izafasha mu gutoranya ingo n’abaturage bagomba gukurwa mu bukene.

Umunyamabanga wa Leta ushinzwe imibereho myiza y’abaturage muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Ingabire Assumpta n’Umuyobozi Mukuru wa LODA, Nyinawagaga Claudine bagaragarije ba Rushingwangerero uko “gahunda y’igihugu y’uburyo abaturage bo mu ngo zifite amikoro make bivana mu bukene mu buryo burambye” igiye gushyirwa mu bikorwa n’uruhare rw’umuyobozi w’Akagari.

Yaganirije ba Rushingwangerero ku cyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari agomba gukora mu gutuma umuturage yikura mu bukene agateza imbere imibereho ye, abagaragariza uruhare rwa Rushingwangerero mu gukemura ibibazo byugarije imibereho myiza y’Abanyarwanda.

Ati: “Intego ya Leta ni ukuvana abaturage mu bukene n’ubukene bukabije, kurwanya igwingira mu bana bari munsi y’imyaka 5, kubonera amacumbi abatayafite, gufasha umuturage kubona aho arara kandi heza n’ibindi bizamura imibereho myiza ye”.

Ingabire Assumpta yanabibukije ibyo bagomba kwitaho ku muturage. Ati: “Ibyo mukwiye kwitaho ku muturage ni ugukemura ibibazo byugarije imibereho ye, kumwegera, kumuha uruhare mu bikorwa, kumushishikariza umuco wo kwigira no kwikura mu bukene, kumukurikirana no kumenya ifasi bashinzwe.

Umuyobozi Mukuru wa LODA Nyinawagaga Claudine yasobanuriye ba Rushingwangerero ko ibyiciro bitazongera gushingirwaho mu gutanga serivisi (Foto MINALOC)
Ba Rushingwangerero bibukijwe ibyo basabwa kwitaho

Advertisement
NYIRANEZA Judith

NYIRANEZA Judith

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.