01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Angola igiye kohereza ingabo muri RDC

13 March 2023 - 07:33
Angola igiye kohereza ingabo muri RDC
Share on FacebookShare on Twitter

Leta y’Angola yatangaje ko igiye kohereza ingabo muri Repubulika Iharanira Demokaraksi ya Congklo (RDC) nyuma y’iminsi mike gusa gahunda yo guhagarika intambara ishyamiranyije FARDC na M23 iburijwemo. 

Ibiro bya Perezida w’Angola byatangaje ko abayobozi b’Akarere, Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe ndetse n’Umuryango w’Abibumbye bamenyeshejwe uwo mwanzuro wo kohereza ingabo zo kugarura amahoro mu Burasirazuba bwa RDC aho imirwano ikomeje hagati ya M23 na FARDC yifatanyije n’inyeshyamba.

Itangazo rya Perezidansi y’Angola riragira riti: “Intego nyamukuru yo kohereza iri tsinda ry’ingabo ni uguharanira ituze mu bice birekurwa na M23 ndetse no kurinda abagize itsinda rishinzwe ubugenzuzi bw’imipaka.”

Nubwo iryo tangazo ryatanzwe nyuma y’amasaha make M23 itangaje ko yiteguye guhagarika imirwano no kuva mu bice binyuranye yigaruriye bitarenze kuri uyu wa Kabiri, imirwano yahise yubura. 

Inkuru ikomeje gukwirakwira ku mbuga nkoranyambaga ni uko inyeshyamba za M23 zikomeje kwirwanaho nyuma yo kugabwaho ibitero n’Ingabo za Leta (FARDC) zifatanyije n’inyeshyamba zirimo na FDLR. 

Imirwano yubuye ku wa Gatanu taliki ya 10 nyuma y’igihe gito inyeshyamba za M23 zitangaje ko zihagaritse kurwana mu guhe Guverinoma ya Congo itongeye kwendereza ibirindiro byazo. 

Hadashize akanya, Ingabo za Leta ntizabahaye agahenge kuko zahise zibotsa igitutu maze amahitamo akaba ayo kwirwanaho no guhangana mu bilometero 70 uturutse i Goma. 

Iyo murwano yatumye hakwirakwira amakuru y’uko M23 yaba yafashe n’umujyi wa Sake nyumaa y’amasaha ihanganye n’ingabo za Leta ku bufatanye n’inyeshyamba. 

Ingabo z’Angola zigiye kujya muri RDC aho zisanze iza Kenya n’iz’u Burundi zoherejwe mu Butumwa bw’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EACRF). 

Izo ngabo ni zo zahise zihabwa ibice byarekuwe n’inyeshyamba za M23 guhera mu kwezi k’Ukuboza 2022 ubwo zahutagamo kongera imbaraga mu kubahiriza amasezerano ya Luanda n’aya Nairobi. 

Mu mezi ashize, inyeshyamba za M23 zagerageje huhagarika imirwano ariko bikaba iby’ubusa kuko bwacyaga ziganwaho ibitero nk’uko byagenze muri iki cyumweru mu gihe ku wa Kabiri byari biteganyijwe ko ari bwo izo nyeshyamba zihagarika kurwana. 

Byatumye izo nyeshyamba zihitamo gukomeza kwirwanaho cyane ko kuri ubu FARDC n’abambari bayo bakomeje kwifashisha indege n’ibisasu batera bari kure berekeza mu baturage aho bikekwa ko hari ibirindiro bya M23. 

Itsinda ryoherejwe n’Akanama ka Loni gashinzwe umutekano ryageze muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo guhera ku wa Kane mu ruzinduko rwari rugamije imiterere y’Umutekano mu Mujyi wa Goma. 

Byari biteganyijwe ko iryo tsinda ryagombaga guhura na Perezida wa RDC Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo rikabona kwerekeza i Goma ku wa Gatandatu. 

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.