01 April 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Gutanga impyiko bigiye gutangira gukorerwa mu Rwanda

12 March 2023 - 09:38
Gutanga impyiko bigiye gutangira gukorerwa mu Rwanda
Share on FacebookShare on Twitter

Guhera mu kwezi kwa Gicurasi 2023, mu Rwanda hashobora gutangira serivisi yo gutanga no guhindura impyiko mu gutabara ubuzima bw’abari mu kaga kubera ko izabo zananiwe kubera kwangirika, nk’uko byemezwa na Minisitwri y’Ubuzima.

Minisitiri w’Ubuzima Dr. Nsanzimana Sabin ashimangira ko ibikorwa byo gutanga impyiko no gusimbuza iz’abafite izitagikora neza bizatangirira mu Bitaro Byitiriwe Umwami Faisal,  nyuma y’aho  Inteko Ishinga Amategeko yemeje Itegeko rigena imikoreshereze y’ingingo z’umuntu, tisi (tissue) n’uturemangingo.

Mu kiganiro aheruka kugirana n’abayamakuru, Minisitiri Dr. Nsanzimana Sabin yagize ati: “Turateganya ko gutanga impyiko bizajya bikorerwa mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, by’umwihariko i Kigali twiteguye gutangira izo serivisi guhera mu kwezi kwa Gicurasi uyu mwaka. Kimwe mu byari bikenewe kugira ngo tugereye kuri iyo ntego ni ukugira itegeko, rikaba ryaramaze kugezwa mu Nteko Ishinga Amategeko kandi ryemejwe mu minsi mike ishize.”

Intego y’iryo tegeko ni ugushyiraho uburyo bufasha ubuvuzi na gahunda yo kwigisha abaganga kubaga hasimbuzwa ingingo, bityo gutangira izo serivisi mu Rwanda bikaba bizafasha abarwayi n’igihugu muri rusange kugabanya ikiguzi byasabaga igihe umurwayi yoherezwaga mu mahanga.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko mu myaka irindwi ishize abarwayi 67 boherejwe mu mahanga, kugira ngo bahabwe serivisi yo guhindurirwa impyiko, ariko ikemeza ko mu byumweru bike biri imbere bitazaba bikiri ngombwa guhendwa no kujya guhindurirwa impyiko mu mahanga.

Impuguke mu by’ubuzima zivuga ko guhabwa impyiko ari yo mahitamo aba asigaye igihe umuntu afite imyiko zombi zananiwe gukora, kuko ubundi buryo bwitwa dialysis bukora mu mwanya w’impyiko buhenda kandi bugakora ku muntu wahawe amabwiriza akakaye y’uko agomba kwitwararika.

Bivugwa ko uwahawe impyiko bimwongerera amahirwe yo kuramba kandi akumva aguwe neza kurushaho, nanone kandi we ntabwo aba agisabwa kureka indyo nyinshi nk’uko bigenda ku muntu ufite izo mpyiko zananiwe, kandi ubuvuzi akomeza guhabwa buba buhendutse.

Hari n’abantu  bagira amahirwe yo guhabwa impyiko mbere y’uko bajyanwa ku byuma bibafasha kuyungurura amaraso.

Bimwe mu bishobora gutuma umuntu adahabwa impyiko harimo kuba ageze mu zabukuru, indwara z’umutima, kuba amaze igihe gito avuwe kanseri cyangwa akiyifite, indwara zo mu mutwe zitavuwe uko bikwiye, gukoresha ibiyobyabwenge n’izindi mpamvu zose zishobora kubangamira ibikorwa byo kubaga no gukurikirana uhawe impyiko.

Umuntu ufite impyiko zombi zananiwe aba akeneye guhabwa imwe gusa izisimbura, kadi iyo hataraboneka umuntu ufite iyakorana n’umubiri w’uyikeneye aba ashyizwe ku mashini zimufasha mu gihe hagitegerejwe umuntu uzitaba Imana cyangwa akaba akiriho afite ibyo bice by’umubiri bikenewe.

Mu gihe hataraboneka impyiko ishobora guhuza n’umubiri, umurwayi ashobora kumara amezi cyangwa imyaka agitegereje kugera ngo haboneke nibura umuntu ufite impyiko umubiri we wakwihanganira.

Bivugwa ko impamvu ibitaro byitiriwe Umwami Faisal ari byo bizangirizwamo iyo serivisi, ari uko bifite bimwe mu bikoresho by’ingenzi byazafasha abarwayi, birimo icyumba kizafasha kuyungurura amaraso a bafite impyiko zinaniwe ndetse n’icyumba bazajya bashyirwamo mu gihe bategereje koroherwa bagataha.

Nyuma y’uko izo serivisi zizaba zimaze kumenyerwa mu Rwanda, biteganyijwe ko hazakurikiraho na serivisi yo guhinduranya umwijima.

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

Rubavu: Imiryango itishoboye yoroherejwe kubona uburyo bwo guteka butangiza ikirere

March 31, 2023
Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

Abarimu bakiriye neza inguzanyo ya  “Gira Iwawe”

March 31, 2023
Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

Emmas & Salem bashyize hanze indirimbo yinjiza abantu mu bihe bya Pasika

March 31, 2023
Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

Umutesi Solange wayoboraga Kicukiro yakuwe mu nshingano

March 31, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

Cricket: Ikipe y’u Rwanda yatsinze Cameroun ikomeza kuyobora urutonde

March 31, 2023
Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

Kigali: Ibigo byakanguriwe gukoresha uburyo bwihutisha serivisi kuri murandasi

March 31, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.