09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Musanze: Yanzwe n’abe kubera imidido, abona umugabo umuvura intimba

24 January 2023 - 16:15
Musanze: Yanzwe n’abe kubera imidido, abona umugabo umuvura intimba

Imidido ibyimbisha ikirenge n'ukuguru kandi iraryana cyane kuko igera aho icika ibisebe ikavamo n'amazi

Share on FacebookShare on Twitter

Patricia Mukamuhutu yarwaye imidido ageze mu bwangavu, anenwa n’abavandimwe, abaturanyi, inshuti n’imiryango, bamwe bavuga ko yarozwe abandi bakumva ko kumwiyegereza byabanduza, ariko akurwa mu bwihebe n’umugabo wamukunze uko ari none ubu bakaba basazanye.  

Mukamuhutu w’imyaka 57 y’amavuko, yafashwe n’imidido afite imyaka 14 bimuviramo kwiheba kubera bamwe banamubwiraga ko atazigera abona umugabo, cyane ko amaguru ye yaje kubyimba akajya amurya cyane, aho ahagaze akahasiga amazi yavaga mu bisebe byatamutse kugeza mu bworo bw’ikirenge.

Avuga ko yabaye muri ubwo bwihebe kugeza mu 1997 ububwo yarambagizwaga n’umusore w’umuturanyi, akamukundira uko ari n’ubuzima bwe bugahinduka kugeza ubwo yaboneye ubuvuzi, amaguru agatangira kubyimbuka.

Kuri ubu batuye mu Kagari ka Ruhengeri, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, uyu mugore akaba ashimira umugabo we wabaye intwari kuko yamusubijemo icyizere cy’ubuzima no kumwemeza ko hari abakimubona nk’uw’agaciro n’ubwo hari abamwagiraga ubuzima atihamagariye.

Mu kiganiro n’Imvaho Nshya, Mukamuhutu yagize ati: “Nari narihebye, numvaga ko nta musore wanyemera. Nabaye aho ngize imyaka 30 hari umuhungu waje aturutse iwabo aravuga ati ndashaka ko umbera umugore. Naramubwiye nti mfite ubumuga, ati si ubumuga nshaka ndakubona ko ubufite ariko si bwo nshaka ndashaka wowe, nucika n’akaguru tuzabana.”

Umugabo yakomeje isezerano rye amwubahira uko ari, ndetse ngo n’igihe bagize ibyo batumvikanaho bagatongana ntiyatinyuka gukomoza ku burwayi bw’umugore we.

Ati: “Umugabo wanjye ndamukunda n’iyi saha ni ukuri! Yaranyubashye nanjye ndamwubaha, n’iyo twatongana wenda hari ibyo tutumvikanyeho ntashobora kuvuga ku birenge byanjye.”

Mukamuhutu yishimira ko umugabo babyaranye 5 atamutaye, none amaguru ye akabayarakize nubwo atari burundu

Kuri ubu babyaranye abana 5, nta n’umwe urwaye imidido kuko itandura cyangwa ngo ihererekanywe mu miryango, ndetse mu mwaka wa 2015 yagize amahirwe yo kuba mu bavuwe n’Umushinga Heart and Sole Africa (HASA), ibirenge bye bikaba byarabyimbutse nubwo bitarakira neza.

Jeanne Uwizeyimana ushinzwe ibikorwa mu Mushinga Heart and Sole Africa (HASA), avuga ko uyu mushinga wavutse witwa ‘Imidido Project’ watangiriye imirimo yawo mu Karere ka Musanze mu 2013 ukaba umaze gufasha abantu benshi gukira imidido.

Kuri ubu, HASA irimo gukurikirana abasaga 600 baturuka mu bice bitandukanye by’Igihugu, aho basuzumwa ndetse bakanavurwa kugeza bakize. Ikindi kandi uyu mushinga ntiwita ku burwayi gusa ahubwo ureba no ku mibereho y’ababurwaye bagahabwa amatungo magufi n’ubundi bufasha.

Nshimiyimana Ladislas ushinzwe Ubushakashatsi ku ndwara zititaweho uko bikwiye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC), avuga ko ntawukwiye guha akato urwaye imidido kuko ari indwara umuntu atiterereza ndetse ishobora gufata uwo ari we wese.

Ati: “Nta muntu ugomba guhabwa akato.  Umurwayi ni umurwayi, uyu munsi ni we ejo ni wowe, nshobora kuyirwara cyangwa ejo wowe ukayirwara, igihe uhaye umuntu akato na we uzirikane ko ako umuhaye kakugarukira. Kandi kumunena bimugiraho ingaruka kuko agira ikibazo, akagira ibibazo byo mu mutwe n’ibyo yagombaga gukora ntabikore; uretse indwara akiyongeraho no guhangayika n’ibindi bibazo bituma adatuza.”

Yakomeje avuga ko imidido ari indwara itandura, aho kubana n’uyirwaye bidashobora kukwanduza. Iterwa n’uko umuntu aba amaze igihe kirekire agenda mu butaka atambaye inkweto, tumwe mu duce tuba mu butaka tukinjira maze tukangiza imiyobora y’amazi atembera mu mubiri.

Minisiteri y’Ubuzima ivuga ko ubushakashatsi bwagaragaje ko abarwaye iyi ndwara ari 6000 bari mu Rwanda hose, ariko bakaba biganje mu Ntara y’Amajyaruguru n’iy’Iburengerazuba.

Kuri ubu iyi ndwara ivurirwa muri Santeri ya HASA iherereye mu Kigo cyitiriwe Mutagatifu Visenti mu Mujyi wa Musanze, no mu Bigo Nderabuzima 11 biherereye mu bice bitandukanye by’Igihugu.

Nshimiyimana Ladislas ushinzwe Ubushakashatsi ku ndwara zititaweho uko bikiwiye mu Kigo cy’Igihugu cy’Ubuzima (RBC)
Jeanne Uwizeyimana ushinzwe ibikorwa mu Mushinga Heart and Sole Africa (HASA)
Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Comments 2

  1. Kuku Shadia says:
    2 weeks ago

    Uyumugabo wamukuye mubwigunge Imana izamuhe umugisha numuryango bungutse bombi.uzikubona abawe baguta ugatororwa nuwohanze nikintu gikomeye.Imana ikomeze ibatize ubuzima bibanire mumahoro

    Reply
  2. Kenny says:
    2 weeks ago

    Nsabiye uyu mugabo umugisha UVA kuri data wa twese azamwibukire kuri ubu bumuntu yagize kdi ajye ahaza kwifuza kwe.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.