09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

RRA yatangaje imisoro 5 yihutirwa iri mu mavugurura

20 January 2023 - 10:30
RRA yatangaje imisoro 5 yihutirwa iri mu mavugurura
Share on FacebookShare on Twitter

Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) bwatangaje ko hari ubwoko butanu bw’imisoro buri kwigaho bugomba guhinduka kugira ngo budakomeza kubera umusaraba abaturage nkuko biherutse gutangazwa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.

Komiseri w’Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro mu Rwanda Bizimana Ruganintwali Pascal, ubwo yari mu Karere ka Rubavu mu mwiherero wiga ku misoro wateguwe n’Urugaga rw’Ababaruramari b’Umwuga (ICPAR), yatangaje ko kuri ubu bakomeje kureba uko ubwo bwoko bugomba guhinduka.

Yavuze ko izi mpinduka ziri kwigwaho zatangiye mu mwaka wa 2021 ariko Nyakubahwa Perezida wa Repubulika Paul Kagame aherutse kubereka ko bakomeje gutinda gutangaza impinduka ubwo yivugiraga ko hari imisoro yumvise ikomeje kubera umusaraba abaturage.

Komiseri Ruganintwali yavuze ko ari ibintu by’ingenzi bagomba kwigaho kuko iyo umuturage yagaragaje ko hari ibimubangamiye bicara bakiga uko byakemuka.

Avuga ko kuva mu 2021 bari bafite gahunda yo kuzana amavugurura mu bijyanye n’imisoro aho hari amategeko anyuranye yagombaga kwigwaho, bityo ko batari  kubikora kuko Perezida yabivuzeho ahubwo we yabibukije ko batinze bakwiye  kubyihutisha.

Amwe mu mategeko agomba guhindurwa

Komiseri Ruganintwali avuga ko iyo misoro iri kwigwaho agira ati: “Harimo itegeko ku musoro ku nyungu zaba iz’abantu cyangwa ibigo, uwa kabiri umusoro ku nyongeragaciro, uwa gatatu ni umusoro wo ku nzoga, amatabi ntabwo wishyurwa n’abaturage ahanini wishyurwa n’inganda, uwa kane ni umusoro ku mitungo itimukanwa harimo n’ubutaka, uwa gatanu ni umusoro ku mishahara y’abakozi.”

Avuga ko bafite gahunda yo kuvugurura n’imikorere y’Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro kugira ngo barusheho korohereza abasora badakora ibiremereza abantu cyane hongerwamo uburyo bw’ikoranabuhanga.

Zimwe mu mbogamizi avuga bafite harimo kuba ikoranabuhanga ritaragera hose ariko yemeza ko rigiye gushyirwaho imbaraga, kuba hakiri abakigaragaza ko badafite za telefone, amashanyarazi n’ibindi.

Amini Miramago, Umuyobozi Mukuru w’Urugaga rw’Ababaruramari b’Umwuga, yemeza ko bahisemo muri uyu mwiherero gukorana na RRA kuko abanyamuryango babo ari abategura raporo z’ibaruramari ari Ababaruramari b’Umwuga ku buryo ari ingenzi kumenya impinduka zose.

Agira ati: “Abanyamuryango bacu mu by’ukuri ni abajyanama mu by’imisoro bafite aho bahurira na yo cyane ni yo mpamvu iyo hari impinduka dufata umwanya uhagije ngo bazimenye, bagomba kuba basobanukiwe ibijyanye n’imisoro.

Urumva umuntu ufite ubucuruzi aba akeneye umujyanama uzi imisoro kuko murabizi iyo umucuruzi agize ibyo yirengagiza habaho ibihano abo dukorana muri ICPAR baba babonye umwanya wo kubaza bagasobanuza cyane ko muri ibi bihe tuba turi mu bihe by’imisoro kumenya impinduka ni ingenzi cyane.”

Mutoni Julliane ni umukozi muri Horizon, yemeza ko basanzwe bafite ibibazo byo kumenya amategeko y’imisoro kubera ukuntu agenda ahinduka ngo kuba bahuguwe na Komiseri birabafasha mu byo basanzwe bakora.

Agira ati: “Tugomba kujyana n’amategeko mashya, biradufasha kumenya aho usora atagomba kurenga, biratwongerera ubumenyi kuko amategeko akomeza ahinduka dufite ubumenyi ariko tugomba kujyana n’impinduka tukiyungura ubumenyi n’ibitekerezo.”

Urugaga rw’Ababaruramari b’Umwuga ICPAR buri gihembwe ruba rufite umwiherero bitewe n’insanganyamatsiko igezweho igomba gufasha ababaruramari b’umwuga kugira ngo bajyanye n’ibigezweho mu byo bakora bya buri munsi nk’ababaruramari b’umwuga bafasha n’abaturage bakora ubucuruzi mu bujyanama.

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Comments 2

  1. Kwizera Claude says:
    3 weeks ago

    Nibyiza cyane mwitangwa ryimisoro harimo imbogamizi zikomeye cyane bitewe ningano yumusoro cyane kuba imisoro iri hejuru bica integege anashaka gutangira kwikorera bitewe ningano yigishoro bafite, iki mutekereze no kwikoshwa kwa EBM kuko itumye abacuruzi badafite ubushobozi bwo kuyikoresha bataha .

    Reply
  2. Pingback: Abasora 375 batanga 58% by’imisoro ikusanywa mu Rwanda – ImvahoNshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

Siriya: Hatabawe uruhinja rwavukiye mu nyubako yasenywe n’umutingito

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.