09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda rubabajwe n’uko RDC irimo gutegura intambara

23 January 2023 - 08:53
U Rwanda rubabajwe n’uko RDC irimo gutegura intambara
Share on FacebookShare on Twitter

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibabajwe no kuba Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yahisemo kwikura mu biganiro by’i Luanda bigamije kugarura umwuka mwiza hagati yayo n’u Rwanda, ikaba irimo kugaragaza iterabwoba ryo kurugabaho ibitero.

Itangazo rya Leta y’u Rwanda rije rikurikira iryatangajwe na RDC ku wa Gatatu taliki ya 18 Mutarama 2023, aho icyo gihugu cyahisemo gufata zimwe mu ngingo z’amasezerano y’i Luanda yo ku wa 23 Ugushyingo 2022 cyirengagije imyanzuro y’ingenzi yafatiwe muri iyo nama yatanze umucyo ku nzira iboneye yo kurangiza ibibazo by’umutekano muke mu Karere.

Guverinoma y’u Rwanda kandi ivuga ko imyigaragambyo yateguwe yamagana ubutumwa bw’Ingabo zoherejwe na EAC i Goma no mu bindi bice bitandukanye by’icyo gihugu cy’abaturanyi, ishimangira uburyo Ingabo za RDC (FARDC) na Leta y’icyo gihugu birimo gutegura kwivana mu masezerano y’i Luanda n’ay’i Nairobi agamije kugarura amahoro arambye mu Karere k’Ibiyaga Bigari n’Afurika y’Iburasirazuba.

Itangazo ry’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda riragira riti: “Intego y’imyigaragambyo irasa n’iyo gutegura ko izo ngabo zakwirukanwa mu gihe Itangazo ry’Inama y’i Luanda risaba ko Ingabo za EAC zakoherezwa mu Burasirazuba bwa RDC ku buryo buhoraho kugira ngo zibe umusemburo w’amahoro.”

U Rwanda nanone ruvuga ko Itangazo ry’i Luanda rigizwe n’imyanzuro y’ingenzi irenze kuba umutwe umwe witwaje intwaro ari wo wava mu birindiro, irimo kuba hahangwa  uburyo ibice byari byarigaruriwe na M23 byasubizwa mu maboko y’Ingabo za EAC, zishyigikiwe n’Ingabo zoherejwe mu butumwa bw’Amahoro n’Umuryango w’Abibumbye (MONUSCO) ndetse n’Ingabo z’Akarere k’Ibiyaga Bigari zishinzwe kugenzura imipaka (EJVM).

Itangazo ry’i Luanda kandi rirahamagarira Guverinoma ya RDC guhagarika inkunga za gisirikare n’iza Politiki igenera umutwe w’iterabwoba wa FDLR n’indi mitwe yitwaje intwaro itemewe.

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda Yolande Makolo, yagize ati: “Leta ya RDC irimo guhunga icyo cyemezo ikomeza guha intwaro no gufatanya mu rugamba n’imitwe yitwaje intwaro itemewe myinshi mu Burasirazuba bw’igihugu. Ibi kandi biragaragaza byeruye ukurenga ku masezerano y’i Nairobi agamije kwamgura intwaro no gusubiza mu buzima busanzwe iyo mitwe yitwaje intwaro, irimo n’iteje ikibazo ku mutekano w’u Rwanda.”

Ikindi nanone u Rwanda rubonamo ikibazo gikomeye ni uburyo Leta ya RDC yakodesheje abacanshuro bivugwa ko ari Abarusiya (Wegner Group/ PMC Wagner) na bo bafatwa nk’ibyihebe bo kurwanya M23, kikaba ari ikimenyetso gishimangira ko ubuyobozi bw’icyo gihugu burimo gutegura intambara, butigeze bushaka amahoro.

RDC yakodesheje abacanshuro b’Abarusiya bo mu mutwe wigenga wa Wegner Group

By’umwihariko, u Rwanda ruhangayikishijwe no kuba RDC yarirengagije byimazeyo umwe mu myanzuro y’i Luanda wo “kwakira no gukemura ibibazo by’impunzi zigafashwa gusubira kuri gakondo yazo.”

U Rwanda rukomeje kwikorera umutwaro wo gucumbikikira no kwita ku mpunzi z’Abanyekongo basaga 75,000 bakomeje kwiyongera buri munsi bitewe n’ibibazo by’umutekano muke ndetse n’akarengane bamwe mu Banyekongo bakomeje gukorerwa umusubirizo.

Makolo yakomeje agira ati: “Guverinoma ya RDC ntiyigeze yita ku bibazo by’impunzi ndetse nta n’ubushake yigeze ishyira mu kuborohereza gutahuka mu mahoro muri RDC.”

Guverinoma ya RDC irashinjwa kuba yirengagiza gushyira mu bikorwa amasezerano y’i Nairobi n’ay’i Luanda yashyizeho umukono kandi ikaba n’uruhande rukomeye mu kuyashyira mu bikorwa.

U Rwanda rusanga kuba RDC igerageza guhonyora ayo masezerano bishobora gusa kugaragara nk’amahitamo yayo yo gukomeza guhembera intambara n’umutekano muke, bityo rugashimangira ko Akarere k’Ibiyaga Bigari kadashobora gukomeza kwihanganira kurebera gahunda z’amahoro zitsindwa. U Rwanda ruti: “Abaturage bacu bakwiriye ibirenze ibyo.”

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.