09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

Abadepite batunguwe n’ibyo basanze mu mabagiro batumiza ba Minisitiri 

20 January 2023 - 13:22
Abadepite batunguwe n’ibyo basanze mu mabagiro batumiza ba Minisitiri 
Share on FacebookShare on Twitter

Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite, yafashe umwanzuro wo gutumiza Abaminisitiri babiri kugira ngo batange ibisobanuro mu magambo ku bibazo byagaragaye mu mabagiro hirya no hino mu gihugu.

Hatumijwe  Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda Dr Ngabitsinze Jean Chrysostome na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu Musabyimana Jean Claude, kubera ko ibyinshi mu bibazo byagaragaye mu mabagiro biri mu nshingano z’izo Minisiteri.

Perezida wa Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi ubworozi n’ibidukikije, Depite Uwera Kayumba Marie Alice, avuga ko amabagiro asaga 20 Abadepite baheruka  gusura basanze yose atujuje  ubuziranenge.

Yagize ati: “Aha ubugenzuzi bwagaragaje ko mu mabagiro 25 yose yasuwe nta na rimwe ryari ryujuje ibisabwa byose bijyanye n’inyubako, abakozi, ibikoresho n’ibindi ku buryo bishobora kugira ingaruka ku buziranenge bw’ibihakorerwa. Hari ikibazo cy’inyama zitwarwa mu buryo butujuje ubuziranenge n’izitwarwa ku maguriro zitagaragaza icyangombwa giteyeho kashe ko zapimwe, hari n’ikibazo cy’umwanda mu mabagiro.”

Ibindi bibazo byasanzwe mu mabagiro harimo kuba harimo amabagiro yegereye ingo z’abaturage, kutagira ibyobo byabugenewe bimenwamo inyama zirwaye n’ibindi.

Depite Uwera yakomeje agira ati: “Ubwo twatemberaga mu bice bimwe bitandukanye by’Umujyi wa Kigali, twabonye amatungo abagirwa mu nzu zagenewe gucuruza ibyo kurya gusa cyangwa ku byokezo aho abitwa ba mucoma bahita bazotsa bakaziha abakiliya babo.”

Bamwe mu baryi b’inyama bavuga ko batazi gutandukanya inyama nzima n’izirwaye. 

Mbere yo gufata umwanzuro wo gutumiza bamwe mu bagize Guverinoma ngo bazisobanure kuri ibi bibazo, Abadepite bagiye impaka zirebana n’uburyo bazatangamo ibyo bisobanuro dore ko bamwe banifuzaga ko Minisiteri w’Intebe ari we wazahamagazwa abandi bagasaba ko ibisobanuro bya bariya Baminisitiri byazatangwa mu bihe bitandukanye.

Inteko Rusange yanzuye ko Abaminisitiri bazatumirizwa rimwe, buri wese agatanga ibisobanuro ku ngingo zimureba.

Mu bindi bibazo bigaragara muri Raporo ya Komisiyo y’Ubutaka, Ubuhinzi, Ubworozi n’Ibidukikije ku isesengura kuri raporo y’igenzura ryimbitse ryakozwe n’Urwego rw’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, harimo  ikibazo cy’amwe muri yo akora atujuje ibisabwa, ayubatse hagati y’ingo z’abaturage, akora atagira ibyangombwa, atagira ibyobo byo kumenamo inyama zidashobora kuribwa n’ikibazo cyo gutwara inyama mu bikoresho bitujuje ubuziranenge. 

Komisiyo yasanze kandi hari ikibazo cy’inyama zidapimwa uko bikwiye, ikibazo cy’inyama zitwarwa aho zicururizwa mu buryo butujuje ubuziranange n’izitwarwa ku maguriro zitagaragaza icyangombwa na  kashe ko zapimwe n’ikibazo cy’ubugenzuzi buhoraho budakorwa uko bikwiye.

Ubwo bugenzuzi bwagaragaje ko ku mabagiro 25 yasuwe nta na rimwe ryari ryujuje ibisabwa byose bijyanye n’inyubako, ibikoresho, abakozi, n’ibindi.., ku buryo ibi bishobora kugira ingaruka ku buziranenge bw’ibihakorerwa no ku buzima bw’abarya inyama zihabagirwa. 

Advertisement
Imvaho Nshya

Imvaho Nshya

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.