09 February 2023
   
ImvahoNshya
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • UBUZIMA
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA
No Result
View All Result
ImvahoNshya
No Result
View All Result

U Rwanda rwiteguye kwakira imyitozo y’ingabo za EAC

17 January 2023 - 09:18
U Rwanda rwiteguye kwakira imyitozo y’ingabo za EAC
Share on FacebookShare on Twitter

Abahagarariye inzego za gisirikare n’abandi bemerewe gukoresha intwaro mu bihugu baturutse mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bateraniye i Kigali aho bitabiriye inama y’iminsi itatu itegura imyitozo y’ubuyobozi bwa gisirikare (CPX) y’uyu mwaka wa 2023.

Iyo myitozo yiswe Ushirikiano Imara 2023 yitezwe kubera mu Rwanda muri Kamena 2023 igiye kuba ku nshuro yayo ya 13 , ikaba igira uruhare rukomeye mu kubaka ubushobozi bw’inzego z’umutekano zemerewe gukoresha intwaro ziturutse mu bihugu bigize uyu muryango, abasivili ndetse n’abafatanyabikorwa.

Abahabwa imyitozo ni abasirikare, abapolisi n’abasivili n’abandi bafatanyabikorwa mu bijyanye no gutegurira hamwe ubutumwa, ibikorwa byo kubungabunga amahoro, guhugurwa ku buryo bwo gukumira no kurwanya ibiza, guhangana n’iterabwoba ndetse n’ubujura bw’uburyo bwose.

Afungura iyo nama ku mugaragaro mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Umugaba wungirije w’Inkeragutabara Maj Gen Andrew Kagame, yagaragaje uburyo u Rwanda rwiyemeje gutegura no kwakira neza imyitozo ya Ushirikiano Imara muri Kamena uyu mwaka.

Yagize ati: “Mu izina ry’Ingabo z’u Rwanda na Repubulika y’u Rwanda nk’Igihugu, ndabizeza ko tubashyigikiye ku rwego ruhanitse mu guharanira ko imyitozo ya 2023 izagenda neza.”

Col. William Rusodoka waje ahagarariye Umunyamabanga Mukuru wa EAC, yashimangiye ko intego nyamukuru y’iyo myitozo ari ukurushaho gutegura inzego z’umutekano z’ibihugu bigize Umuryango, abapolisi, abasivili n’abandi bafatanyabikorwa mu guhangana n’ibibazo by’umutekano muke byavuka mu Karere. 

Ubunyamabanga Bukuru  bwa EAC bushimangira ko iyo myitozo itegurwa ikanashyirwa mu bikorwa hakurikijwe ingingo ya 2 y’Amasezerano ya EAC arebana n’ubutwererane mu bya gisirikare, kandi akorwa hagendewe ku ngengabihe y’ibikorwa bya gisirikare mu karere.

Advertisement
NTAWITONDA Jean Claude

NTAWITONDA Jean Claude

Ntawitonda Jean Claude ni umunyamakuru akaba n'umwanditsi ubimazemo igihe gisaga imyaka 10. Yatangiye gukorana n'ikinyamakuru Imvaho Nshya guhera muri Werurwe 2015. Afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya kaminuza (Bachelor's Degree) mu bijyanye n'Itangazamakuru n'itumanaho (Ishami ry'Itumanaho) yakuye mu yahoze ari Kaminuza Nkuru y'u Rwanda (UNR), kuri ubu yaje guhinduka Kaminuza y'u Rwanda (UR).

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Amakuru Aheruka

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

Kayonza: Ikoranabuhanga rizihutisha rinanoze serivisi z’ubutaka

February 8, 2023
Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

Perezida Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi bashya 14

February 8, 2023
Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

Gutembera Nyungwe nijoro, ubukerarugendo bushya mu Rwanda

February 8, 2023
Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

Abashoferi ba bisi zitwara abagenzi basabwe kwitwararika

February 8, 2023
ImvahoNshya

DUKURIKIRE KU MBUGA

DUHAMAGARE

Opp. Magerwa, Expo ground, Gikondo Kigali, Rwanda
Phone no : +250-784867952 / 53

AMAKURU AHERUKA

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

Perezida Kagame yaburiye ababogamira kuri RDC barinda inyungu

February 9, 2023
Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

Mu bushobozi mfite nzaharanira ko FDLR na Jenoside bitatugarukira- Perezida Kagame

February 9, 2023
  • About
  • Advertise
  • Privacy & Policy
  • Contact

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.

No Result
View All Result
  • AHABANZA
  • POLITIKI
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • SIPORO
  • IMYIDAGADURO
  • IZINDI
    • SOBANUKIRWA
    • AMAHANGA
    • UMUCO N’AMATEKA

© 2022 ImvahoNshya - All rights reserved by ImvahoNshya.