APR FC yatandukanye na Darko Novic wari umutoza wayo

  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 13, 2025
  • Hashize amezi 3
Image

Ikipe ya APR FC yatangaje ko yatandukanye Darko Nović wari Umutoza Mukuru wayo n’abari bamwungirije mu gihe habura imikino itatu ngo umwaka w’imikino wa 2024/25 urangire.

Brig Gen Rusanganwa Deo, Umuyobozi w’ikipe ya APR FC, yabwiye Imvaho Nshya ko batandukanye ku bwumvikane nyuma y’uko abo batoza bagaragaje ko ari impamvu zabo bwite.

Ubuyobozi bwa APR FC bwashimiye ubunyamwuga n’umurava n’imico myiza yagaragajwe na Novic n’itsinda bakoranaga mu gutoza iyo kipe y’Ingabo z’u Rwanda.

Bwagaragaje ko umusanzu wabo wabaye ingenzi mu kugeza u Rwanda ku ntsinzi, harimo no kwegukana Igikombe cy’Amahoro n’ibindi bikombe by’ingenzi.

Brig Gen Rusanganwa ti: “APR FC yishimiye kumeneya abakunzi bayo, abafatanyabikorwa n’abakunzi b’umupira w’amaguru ko umutoza mukuru, Darko Novic n’abari bamwungirije barimo Dragan Silac, Culum Dragan na Marmouche Mehd batandukanye n’ikipe ku bwumvikane bw’impande zombi, bushingiye ku mpamvu bwite.”

Ku wa 21 Nyakanga 2024 ni bwo Darko Novic yatangajwe nk’umutoza mukuru wa APR FC asinya amasezerano y’imyaka itatu yari kuzamugeza mu 2027.

Darko Novic atandukanye na APR FC yahesheje ibikombe bibiri muri uyu mwaka w’imikino wa 2024/25 birimo igikombe cy’intwari n’igikombe cy’Amahoro yaherugakaga mu 2017.

Yagejeje APR FC ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup ya 2024 mu gihe basezererwaga na Pyramids FC mu ijonjora rya kabiri rya CAF Champions League.

Ayisize iri ku mwanya wa kabiri muri shampiyona y’u Rwanda n’amanota 58, irushwa na Rayon Sports ya mbere inota rimwe.

Ikipe yasigaranywe na Mugisha Ndoli usanzwe utoza Intare FC, Ngabo Albert na Bizimana Didier batoza amakipe y’abato ba APR ndetse ni bo bakoresheje imyitozo kuri uyu wa Kabiri itegura umukino w’umunsi wa 28 wa shampiyona izakiramo Gorilla ku wa Gatandatu.

Darko Nović yahesheje APR FC igikombe cy’Amahoro cya 2025 yaherukaga mu 2017
APR FC yatandukanye n’Umutoza Darko Nović nyuma y’amezi 11
  • SHEMA IVAN
  • Gicurasi 13, 2025
  • Hashize amezi 3
TANGA IGITEKEREZO
ALOYS says:
Kamena 5, 2025 at 5:57 pm

Andika Igitekerezo hano NIBYO NIBABARABIVUGANYE

Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE