Umutekano uracyari ku isonga mu byishimirwa n’abaturage b’u Rwanda
 
   
  
    
  
Ubushakashatsi ngarukamwaka bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere RGB buzwi nka Rwanda Governance Scorecard (RGS) bwagaragaje ko Inkingi y’Umutekano n’ituze ry’abaturage byongeye kuza ku isonga mu byishimirwa n’abaturage n’amanota 90,02%.
Gusa ibipimo byaramanutse ugereranyije n’umwaka wabanje wa 2024, aho byari kuri 93.84%.
RGB yagaragaje ko uruhare rw’abaturage mu bibakorerwa ari rwo ruri ku mwanya wa kabiri n’amanota 86,31%, rugakurikirwa no kurwanya ruswa byageze kuri 84% ariko bikaba byaragabanyutse ugereranyije na 86.64% kurwanya ruswa byariho umwaka ushize.
Uburenganzira mu bya politiki buri kuri 82%, buvuye kuri 88% bwariho umwaka ushize mu gihe inkingi y’iyubahirizwa ry’amategeko iri kuri 81% ivuye kuri 88.51% byariho umwaka ushize.
Inkingi y’ubukungu iri kuri 74%, imitangire ya serivise inoze iri kuri 71%, mu gihe gushora imari mu iterambere ry’abantu n’imibereho myiza ari byo byaje ku mwanya wa nyuma n’amanota 64%.
Ubu bushakashatsi bwa RGS kandi bugaragaza ko ikigero cy’ubumwe n’ubwiyunge n’imibanire by’Abanyarwanda biri kuri 93%, bikaba byaramanutse ugereranyije na 95,32% byariho umwaka ushize.
Nubwo umutekano uri ku isonga n’amanota 90%, ariko kwicungira umutekano w’abantu n’ibintu biracyari hasi n’amanota 86% mu gihe mu bindi byagaragajwe nko kugera kuri serivise z’ikoranabuhanga bikiri hasi n’amanota 66%, uburezi 65% , uko abaturage banyuzwe na serivise z’ubutaka bahabwa ni 59%, abanyuzwe na serivise z’ubuhinzi ni 55%, kurwanya igwingira bikaba 52%.
Mu bindi bikiri hasi harimo uko abantu banyuzwe n’ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye bakiri bake n’amanota 49% mu gihe serivise za leta zitangwa mu buryo bugezweho (digital) bair kuri 11%.
Ubu bushakashatsi ngarukamwaka bwakozwe guhera mu 2011, bugamije kugaragaza ishusho y’uko imiyoborere ihagaze mu byiciro bitandukanye no kugaragaza ingamba zikwiye mu gushyiraho politiki z’igihugu.


 
    
   



 
 
 
 
 
 
 
 
 
 
 
 
 
 
    
   