Umunyarwenya Tenge Tenge yageze i Kigali, aje gutaramira abana
Umunyarwenya wo muri Uganda Saad Ssozi wamamaye nka Rango Tenge Tenge yageze i Kigali mu Rwanda, aho aje kwitabira igitaramo ahafite.
Uyu munyarwenya hamwe n’itsinda ry’abamuherekeje bageze ku Kibuga mpuzamahanga cya Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 29 Nyakanga 2026.
Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ubwo yasesekaraga i Kigali, yabajijwe uko yiyumva bitewe nuko ari ubwa mbere yari ahageze, agira ati: “Ndiyumva neza bitangaje, kuba ndikumwe n’itsinda ry’abamperekeje, Ndashimira Mama. Wakoze Mama kuba uri kumwe natwe. Turishimiye cyane cyane. Hano hari abavandimwe banjye, hari Papa, bose.”
Ubwo yari abajijwe umuntu gukoresha imbuga nkoranyambaga neza yaba akunda mu Rwanda Tenge Tenge yatangaje ko ntawe aramenya ariko vuba azabamenya.
Ati: “Ntawe ndamenya ariko vuba aha ndaza kuba nabamenye.”
Tenge Tenge aje i Kigali aho yitabiriye Iserukiramuco ryitwa Tintin Summer Festival 2026, giteganyijwe kuba ku wa 1 Kanama 2026 muri Tintin Kids Play Centre ku Kimihurura mu Karere ka Gasabo.
Biteganyijwe ko ari bwo bwa mbere azahurira n’abakunzi be bo mu Rwanda muri icyo gitaramo kigenewe cyane cyane abana n’imiryango.
Ubwo yari abajijwe umuntu gukoresha imbuga nkoranyambaga neza yaba akunda mu Rwanda Tenge Tenge yatangaje ko ntawe aramenya ariko vuba azabamenya. Ati: “Ntawe ndamenya ariko vuba aha ndaza kuba nabamenye.”
