Uganda: Umuhanzi Lydia Jazmine yakoze ubukwe mu ibanga
Umuhanzi wo muri Uganda Lydia Nabawanuka uzwi nka Lydia Jazmine yasezeranye mu idini ya Islam bizwi nka Nikkah n’umusore bamaze igihe bakundana, mu muhango bagize ibanga ukitabirwa n’inshuti zabo za hafi n’imiryango mu ibanga.
Umuhango wo gukora Nikkha wemejwe na Lyidia Djazmin ubwe tariki 18 Gicurasi 2026, aho yabinyujije ku mbuga nkoranyambaga ze agaragaza ko uwo munsi ari umunsi ukomeye mu buzima bwe. Yaranditse ati: “Urukundo koko rushobora guhindura ibintu byose. Uwo ‘Jazmine’ w’icyamamare benshi bakundaga ubu yahindutse ‘Yazmin’ nyuma yo kuba Umuyislam mbere y’umuhango we wa Nikah.”
Bivugwa ko uwo muhanzikazi yatwawe umutima n’umusore w’umucuruzi kandi w’umuyisilamu nubwo izina rye rikomeje kugirwa ibanga icyakora iby’ubukwe bwe byashimangiwe n’inshuti ze zirimo n’umujyanama we bamwandikiye bamwifuriza ihirwe.
Lydia Djazmine bivugwa ko yashyingiwe nyuma y’uko yaherukaga i Kigali mu Ukwakira 2025 ubwo yari mu ruzinduko rwo kumenyekanisha Album ye “One and Only” no gukora ibikorwa byo kwamamaza umuziki we. Mu gihe hari hashize amezi atanu ashyize hanze indirimbo yise True Love yafatanyije n’umuhanzikazi nyarwanda Bwiza.

