Trump yirukanye abaturage ba Mexique barenga 2 000

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 21, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

Perezida Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yirukanye abaturage ba Mexique barenga 2 200, banyuzwa muri Guatemala mbere yuko basubizwa mu gihugu cyabo.

Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters byatangaje ko iyi gahunda ya Perezida Trump yo kubanza kohereza abaturage mu bindi bihugu mbere yo gucyurwa yanenzwe cyane na Mexique,  ivuga ko itemera ko abaturage bayo banyuzwa mu bindi bihugu kandi biteguye kwakirwa mu buryo bwose.

Mexique yamaganye iki gikorwa ndetse ishimangira ko yemera kwakira abaturage bayo bose, bityo nta mpamvu yo kubohereza mu bindi bihugu, kandi ko itigeze yemera ko abaturage bayo bajyanwa ahandi mbere yo gucyurwa.

Perezida wa Guatemala, Bernardo Arévalo, yemeje ko Igihugu cye cyakiriye abo bimukira kandi ko biteguye kubohereza mu gihugu cyabo kuko mu gihe kitarenze amasaha 24.

Iyi gahunda yo kohereza abimukira mu bindi bihugu  mbere yo gucyurwa iri mu cyiswe “third-country deportation”, igamije guca intege abimukira nubwo  abandi bari barirukanwe mbere bo muri Mexique bahitaga bacyurwa nta yandi mananiza.

Imibare ya Guverinoma ya Guatemala igaragaza ko abaturage ba Mexique 2 284 ari bo bamaze kunyuzwa muri icyo gihugu kuva umwaka watangira.

Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bigaragaza ko kuva mu Ukwakira 2025 kugeza muri Nyakanga 2026, abimukira 356 389 bahatuye binyuranyije n’amategeko bamaze kwirukanwa.

  • KAMALIZA AGNES
  • Kanama 21, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE