Patriots BBC yitegura imikino ya Kamarampaka yongeyemo Obadiah Noel
Patriots BBC ikomeje kwitegura imikino ya Kamarampaka muri Shampiyona y’u Rwanda ya Basketball 2025/26 yongeye Umunyamerika, Obadiah Noel mu bakinnyi izifashisha. Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 29 Nyakanga 2026, ni bwo Ikipe ya Patriots BBC yatangaje ko yungutse uyu mukinnyi wakunze kwigaragaza mu mikino ya Basketball Africa League.
Obadiah Arthur Noel w’imyaka 27, yavukiye i Maryland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika. Yageze mu Rwanda mu 2024 ubwo yari yitabiriye imikino ya BAL mu 2024. Yatangiye gukina Basketball ubwo yigaga mu mashuri yisumbuye muri St John, akomereza muri Tuscarora High School ari naho yigaragarije cyane byatumye yegukana Igikombe cy’umukinnyi mwiza w’umwaka.
Mu 2021 yatangiye gukina nk’uwabigize umwuga, ndetse yari umwe mu bagomba gukorerwa draft akajya muri NBA ariko ntibyakunze, ahita ajya muri NBA G-League, aho yakiniye Raptors 905 ishamikiye kuri Toronto Raptors yo muri NBA.
Mu 2022 yakiniye Westchester Knicks ishamikiye kuri ‘New York Knicks’ yo muri NBA, mbere y’uko ajya APR BBC yamwitabaje ku nshuro yayo ya mbere mu 2024 ubwo yari yitabiriye imikino ya BAL.
Patriots BBC izatangira imikino ya Kamarampaka ihura na REG BBC muri ½ mu mukino uteganyijwe ku wa 5 Kanama 2026.
