Niyonkuru Florence yahesheje u Rwanda umudali mu Mikino ya Commonwealth

  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 28, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Umunyarwandakazi Niyonkuru Florence usiganwa ku maguru yegukanye umudali w’Umuringa, nyuma yo kuba uwa gatatu mu gusiganwa muri metero 10 000 mu mikino ya Commonwealth iri kubera i Glasgow muri Écosse.

Ku wa Mbere, tariki ya 27 Nyakanga 2026, ni bwo, hakomeje kubera Imikino ihuza ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza (Commonwealth), aho barushanwa muri siporo zitandukanye buri myaka ine.

Mu gusiganwa mu metero 10 000 Niyonkuru Florence yegukanye umudali w’Umuringa, nyuma yo kuba uwa gatatu akoresheje iminota 31, amasegonda 55 n’ibyijana 47, akaba yakurikiye Rose Davies wo muri Australia wabaye uwa mbere amurusha amasegonda 16, na Diana Wanza wo muri Kenya wamurushije amasegonda atanu.

Niyonkuru Florence aherutse kwandika andi mateka yegukana umudali wa Zahabu mu gusiganwa metero ibihumbi 10 muri ‘TCS World 10K Bengaluru’ yabereye mu Buhinde.

Uyu mudali w’imikino ya Commonwealth wabaye uwa mbere u Rwanda rubonye muri iyi mikino yatangiye gukinwa mu 1930. 

U Rwanda rwinjiye mu Muryango wa Commonwealth mu 2009, rutangira kwitabira imikino yawo mu 2010 ubwo yari yabereye i Delhi mu Buhinde. Mu nshuro enye rumaze kuyitabira, nta mudali rwari ruregukana.

Undi mudali u Rwanda rwabonye ni uwo mu Mikino y’Urubyiruko (Commonwealth Youth Games) wegukanywe n’Ikipe ya Beach Volleyball yari igizwe na Munezero Valentine na Musabyimana Penelope, aho begukanye umudali w’Umuringa babaye aba gatatu i Bahamas mu 2017.

Niyonkuru Florence yegukanye umudali w’Umuringa, nyuma yo kuba uwa gatatu
Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwegukanye Umudali mu mikino ya Commonwealth
  • SHEMA IVAN
  • Nyakanga 28, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE