Manzi Thierry yatandukanye na Al Ahli Tripoli

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 20, 2026
  • Hashize isaha 1
Image

Myugariro w’Ikipe y’Igihugu ’Amavubi’, Manzi Thierry yatandukanye na Al Ahli Tripoli SC yo mu Cyiciro cya Mbere muri Libya, yari amazemo imyaka itatu.

Mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 19 Kanama 2026, ni bwo iyi kipe yifashishije imbuga nkoranyambaga zayo ishimira uyu mukinnyi uri mu banyamahanga begukanye ibikombe byinshi ayikinira.

Yagize iti: “Yagiye, ariko yasize inyuma urwibutso rukomeye kandi rwiza rutazigera rusibangana mu mitima yacu. “Thierry Manzi” wari kandi uzakomeza kuba umwe mu bagize umuryango wacu mugari”.

Yakomeje igira iti: “Umukinnyi w’umunyamahanga watwaye ibikombe byinshi kurusha abandi mu mateka yacu. Terry, wari kandi uzakomeza kuba umwe mu bagize umuryango wacu”.

Manzi yageze muri Al Tripoli mu 2023, avuye muri AS Kigali, yayifashije kwegukana ibikombe bya Shampiyona bibiri n’ibikombe bibiri bya Libya Cup.

Manzi Thierry w’imyaka 30 yazamukiye muri Marines FC yamuzamuriye izina, ayivamo yerekeza muri Rayon Sports yamazemo imyaka ine.

Ni umwe mu bari bagize Rayon Sports yatwaye Shampiyona ya 2016/17 n’iya 2018/19, inagera muri ¼ cya CAF Confederation Cup mu 2018.

Nyuma yo kwitwara neza mu Ikipe yambara Ubururu n’Umweru, yabengutswe na APR FC, ayikinira hagati ya 2019 na 2021.

Muri Nyakanga 2021 yerekeje mu ikipe ya FC Dila Gori yo mu Cyiciro cya Mbere muri Georgia. Iyi kipe yayimazemo amezi atandatu mbere yo kwerekeza muri AS FAR ahava asubira mu Rwanda muri AS Kigali.

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 20, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE