Knowless yahishuye ibyo akundira Israel Mbonyi

  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Mata 17, 2025
  • Hashize amezi 4
Image

Umuhanzi Butera Knowless yahishuye ko hari ibintu bitatu akundira Israel Mbonyi, bituma aba umwe mu bakunzi b’ibihangano bye.

Yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na kimwe mu bitangazamakuru bikorera kuri murandasi, avuga ko Mbonyi afite ubuhanga butuma abantu bose bisanga mu bihangano bye.

Ubwo yabazwaga uko afata ibyamamare bitandukanye akagera kuri Israel Mbonyi, Knoweless ntiyazuyaje kugaragaza ko ari umukunzi w’ibihangano bye.

Yagize ati: “Israel Mbonyi, ni umukozi w’Imana uririmba indirimbo twese zidukora ku mutima, nibaza y’uko ubutumwa bwe butareba gusa abo basengana, ahubwo bukora ku mitima y’abantu bose aho bava bakagera.”

Uretse Israel Mbonyi, mu bindi byamamare Knowless yeretswe, harimo umugabo we Ishimwe Clement, avuga ko uretse kuba bafatanya mu kazi ka buri munsi amufata nk’inshuti magara.

Si Butera Knowless uvuze ibi kuri Israel Mbonyi, kuko usanga hari abantu batandukanye bagenda batangaza ko bakunda indirimbo z’uwo muhanzi hatitawe ku idini basengeramo.

Israel Mbonyi ni umuhanzi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana umaze kwigarurira imitima y’abatari bake mu Rwanda no hanze yarwo, kubera gukoresha indimi zitandukanye mu ndirimbo ze.

Israel Mbonyi ashyirwa mu bahanzi beza kubera ibihangano bye bikundwa na benshi
  • MUTETERAZINA SHIFAH
  • Mata 17, 2025
  • Hashize amezi 4
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE