Kayonza: Kuhira hakoreshejwe imirasire y’izuba byazahuye ubuhinzi

  • NYIRANEZA JUDITH
  • Kanama 6, 2026
  • Hashize isaha 1
Image
Imirasire y'izuba 540 yafashije abahinzi kubona amazi yo kuhira

Akarere ka Kayonza kagira Imirenge ikunda kwibasirwa n’izuba, imyaka abahinzi bateye ikuma, kuba harashyizweho uburyo bwo kuhira hakoreshejwe imirasire y’izuba biri mu byazahuye ubuhinzi by’umwihariko mu Murenge wa Kabare kuko batagihinga bisunze ikirere.

Abahinzi bo muri uwo Murenge bavuga ko hari igihe amapfa yabaga cyangwa se bakeza na duke kuko ikirere cyaho gikunze kurangwamo imvura nke, ntibihaze mu biribwa, ariko kuba barahawe amazi n’umushinga ugamije kongera umusaruro w’ubuhinzi, kuwushakira amasoko no kwihaza mu biribwa SAIP II bakaba buhira, byatumye ubuhinzi bwabo bushoboka, kuko basigaye bahinga ibihembwe by’ihinga byose nta nkomyi, bakeza kandi umusaruro ukazamuka, imiryango igatera imbere.

Ni nyuma yuko uwo mushinga wafashije kongerera ubushobozi ibikorwa remezo birimo imirasire y’izuba, imiyoboro n’imashini zikogota amazi mu kiyaga cya Muhazi hifashishijwe ingufu zikomoka ku mirasire y’izuba mu Murenge wa Rwinkwavu, ariko amazi akoherezwa mu Murenge wa Kabare kuko kuri hegitari 35, hari 65 amazi atarageraho.

Shyirambere Redempta, umwe mu banyamuryango ba Koperative GIKADINI utuye mu Kagari ka Cyarubare, mu Murenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza, bakaba bahinga imboga n’imbuto, muri iki gihembwe bahinze urusenda,  yavuze ko batarabona uburyo bwo kuhira byari bibagoye kuko nta nyungu babonaga mu buhinzi.

Yagize ati: “Hano hakunze kuba amapfa, mbere twuhiraga urusenda dukoresheje arozwari, ugasanga nta musaruro bitanga. Mbere twahingaga ducungana n’imvura tudasobora guhinga igihembwe cya C, ariko tumaze kugezwaho amazi n’umushinga SAIP, ubu duhinga ibihembwe byose

Uru rusenda mpinga kuri Are 30 iyo byagenze neza nkuramo ibihumbi 900 hakaba nubwo agera kuri miliyoni 1 n’ibihumbi 200 ava ku bilo biri hagati ya 900 na Toni, mu ghe mbere yo kuhira twahingaga utuntu two kurya gusa tutasagurira isoko, ducungana n’imvura.”

Avuga ko amafaranga yakuyemo yaguzemo moto iri mu muhanda, yaguze isambu ya hegitari 1 ayiteramo ikawa, yakoze amasuku y’inzu, yaguze inka mu gihe cy’imyaka 3 kandi afite gahunda yo kuzakomeza akiga kaminuza.

Undi wari urimo gupakira urusenda mu modoka, Kalisa Aimable yavuze ko amafaranga akura mu buhinzi bw’urusenda amufasha kubonera umuryango iby’ibanze nkenerwa. Yagize ati: “Kuva twabona amazi yo kuhira, umusaruro wacu warazamutse, natwe twagurisha tukabona amafaranga twifashisha mu kwikenura mu rugo. Ubu sinananirwa gutanga Mituweli, umwana ntiyabura umwambaro n’ibindi by’ibanze.”

Ugirumurera Faustin ushinzwe gufata neza ibikorwa remezo, akaba umuyobozi w’Umuryango ‘Ubuzima Bwiza Kayonza 4’, ni umuryango w’abakoresha neza mazi no kuyasaranganya agezwa ku baturage ngo babashe kuhira imyaka.

Yavuze ko SAIP II yabahaye imirasire y’izuba 540 ku gaciro k’amafaranga y’u Rwanda asaga miliyoni 800, yafashije kongera ingano y’amazi, bizahura ubuhinzi, kuko icyanya cya Kayonza 4 cyatunganyijwe kuva mu 2015, gifite ubuso bwa hegitari 365 gifite damu ariko bitewe n’ibihe by’izuba, hegitari 65 ntizagezweho n’amazi, bagobokwa n’umushinga SAIPII.

Yagize ati: “Umushinga SAIP waduteye inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’asaga miliyoni 800 z’amafaranga y’u Rwanda kandi unatanga amahugurwa. Ishyirahamwe ryacu ricunga rikanorohereza abahinzi bo muri aka gace kuhira.”

Yakomeje asobanura ko ayo mazi ari igisubizo ku buhinzi, kuko mbere batezaga ugereranyije n’ubu babona amazi yo kuhira. Ati: “Duhinga imbuto, urusenda, inyanya, amashu, ibiti by’imbuto zirimo avoka ariko mbere ntacyo twakuragamo. Hariho ubwo abahinzi bateraga inyanya bakagira umusaruro udashimishije, yari amapfa gusa, nk’urusenda kuri hegitari hagomba kuva toni 3 cyangwa 4 ariko nta wasaruraga ibilo bigera muri 500, yabonaga nk’ibilo 100 gutyo. Ku nyanya mbere nta n’ibilo 400 umuntu yabashaga kubona kuri hegitari, ariko ubu bashobora kuhasarura nka toni 5.”

Ugirumurera akomeza avuga ko kuhira byatumye umusaruro wiyongera, abona amafaranga maze bimuhindurira ubuzima kuko byamufashije kuvugurura inzu ye, yaguze imodoka na moto.

Umuyobozi w’agateganywo w’Akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Jules Higiro yavuze ko umushinga SAIP wafashije abatuye mu Murenge wa Kabare kubona amazi yo kuhira batagitegereza imvura.

Yagize ati: “Abahawe ibikorwa mu cyiciro cya mbere cy’umushinga SAIP byatanze umusaruro kuko ntibarindira igihembwe baba bafite amazi, si kimwe na mbere bategereje ikirere, ubu bahinga umwaka wose, umusaruro uriyongera kandi ni nako biteza imbere.”

Yagarutse ku buso bumaze kugezwaho amazi bahinga buhira, ati: “SAIP ni umufatanyabikorwa w’Akarere imaze gutera inkunga abagenerwabikorwa mu cyiciro cya mbere bahawe uburyo bwo kuhira bakoresheje imirasire, 12 bahinga kuri hegitari 100 n’abandi 31 bahinga kuri hegitari 73 n’abandi bashya 80 bashaka guhabwa za moteri n’imirasire. Ni igikorwa kinini bahinga ku buso bunini kandi bibafasha no kwiteza imbere.”

Higiro kandi yavuze ko hari n’indi mishinga myinshi igamije kunoza ubuhinzi. Yagize ati: “Mu karere harimo indi mishinga nka KIIWP, umushinga wa Gishanda, uwa Kanyeganyege, uwa Ndego ahagiye haba izuba ryinshi batanasaruye. Nka Gishanda barimo kuhira kuri hegitari 200, Kanyeganyege kuri ha 150 ndetse bageze kuri 53%, Gishanda bageze kuri 52% bakora umushinga, Ndego ntibaratangira ariko bashakakugera kuri ha 4 500, ni ukugira ngo ibashe guhangana n’ikibazo cy’izuba ryinshi kuko ubu ntitugitegereje iby’izuba cyangwa imvura.”

Jules Higiro, Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Kayonza ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu
Ugirumurera Faustin
Abahinzi bahamya ko umusaruro w’urusenda wiyongereye babikesha kuhira
  • NYIRANEZA JUDITH
  • Kanama 6, 2026
  • Hashize isaha 1
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE