Indonesia: Umutingito wahitanye 51 abasaga barakomereka 100
Umutingito ufite ubukana bwa 7,7 wibasiye bikomeye u Burasirazuba bwa Indonesia, uhitana abantu 51 abandi 113 barakomereka, mu gihe abarenga 5 000 bavanwe mu byabo. Ubuyobozi bwa Indonesia bwatangaje ko uwo mutingito watangiye mu gitondo cyo ku wa 15 Kanama 2026, mu Ntara y’Iburasirazuba bwa Nusa Tenggara muri icyo Gihugu. Ibikorwa by’ubutabazi birakomeje.
Ikigo cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika gishinzwe ubushakashatsi ku mutingito, (USGS) cyatangaje ko uwo mutingito wakurikiwe n’indi mitingito igera kuri 341, bituma bantu benshi bava mu byabo.
Aljazeera yatangaje ko nubwo ibikorwa by’ubutabazi bigikomeje, uwo mutingito wasenye inzu 157 mu gace ka Nagekeo kegereye aho umutingito watangiriye ndetse munsi y’ayo mazu hakaba hakomeje gushakishwa ko hari abantu baguyemo.
Indonesia ni kimwe mu bihugu ku Isi bikunze kwibasirwa n’imitingito, bitewe n’igice cy’Isi iherereyemo aho iri ku murongo uzwi nka ‘Ring of Fire’, uzengurutse inyanja ya Pasifika ari na cyo gice cy’Isi kibonekamo imitingito myinshi.

