Impinduka mu ngendo ku banyeshuri bajya mu biruhuko

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA), cyasohoye itangazo rimenyesha abanyeshuri, ababyeyi, abarimu, abayobozi b’amashuri ndetse n’abafatanyabikorwa, ko hari impinduka zabayeho muri gahunda y’ingendo zo gutaha kw’abanyeshuri.
Iryo tangazo rivuga ko mu korohereza abanyeshuri bahagurukira i Kigali n’abandi banyura muri Kigali berekeza mu zindi Ntara, bazafatira imodoka zibajyana mu miryango yabo kuri Stade ya ULK ku Gisozi, aho guhagurukira kuri Kigali Pelé Stadium.
Ni mu gihe NESA hari hashize iminsi mike isohoye gahunda y’uko abanyeshuri bazataha bajya mu biruhuko, hashingiwe ku ngengabihe y’amasomo ya Minisiteri y’Uburezi y’igihembwe cya kabiri cy’umwaka w’amashuri 2022-23. Hakaba hari hatangajwe ko abanyehsuri bahagurukira I Kigali n’abahanyura berekeza mu Ntara bari buzahagurukire kuri Kigali Pele Stadium.
Biteganyijwe ko ingendo z’abanyeshuri bajya mu biruhuko zizatangira ku itariki 28 Werurwe zikageza ku itariki 31 Werurwe 2023.
Ku wa Kabiri taliki 28 Werurwe 2023, hazataha abanyeshuri bo mu bigo by’amashuri biherereye mu Turere twa Nyarugenge, Gasabo na Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, Nyanza na Nyaruguru mu Ntara y’Amajyepfo, Ngororero mu Ntara y’Uburengerazuba, Musanze na Burera mu Ntara y’Amajyaruguru, Nyagatare na Gatsibo mu Ntara y’Uburasirazuba
Ku wa Gatatu taliki ya 29 Werurwe 2023, hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu Turere twaRuhango na Gisagara mu Ntara y’Amajyepfo, Nyabihu na Rubavu mu Ntara y’Uburengerazuba, Rulindo na Gakenke mu Ntara y’Amajyaruguru, Rwamagana na Kayonza mu Ntara y’Uburasirazuba.
Ku wa Kane taliki 30 Werurwe 2023 hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu Turere twaHuye na Nyamagabe mu Ntara y’Amajyepfo, Karongi na Rutsiro mu ntara y’Uburengerazuba, Gicumbi mu Ntara y’Amajyaruguru, Ngoma na Kirehe mu Ntara y’Uburasirazuba.
Ku wa Gatanu taliki 31 Werurwe 2023 hazataha abanyeshuri biga mu bigo by’amashuri byo mu Turere twa Muhanga na Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, Rusizi na Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba na Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba.
NESA yaboneyeho umwanya wo gusaba Abayobozi b’ibigo by’amashuri kubahiriza ingengabihe y’ingendo uko iteganyijwe, bashaka imodoka hakiri kare mbere y’uko italiki yo gutaha igera, bohereza abana hakiri kare kugira ngo bagere mu miryango yabo butarira kandi bambaye umwambaro w’ishuri.
Ababyeyi basabwe guha abana babo amafaranga y’urugendo azabageza mu rugo.
Abashinzwe uburezi mu Turere no mu Mirenge basabwa gukurikirana igikorwa cyo gucyura abanyeshuri, no gukurikirana ko abayobozi b’ibigo by’amashuri baguriye abana amatike y’urugendo ku gihe.
NESA yasabye abo bireba kwihanganira izo mpinduka zabayeho.
