Ibyo kwitega mu mikino ya 1/2 cya Kamarampaka muri Shampiyona ya Basketball 2025/26
Urugamba rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona ya Basketball 2025/26 rugeze mu mahina, aho mu makipe icyenda yakinnye shampiyona, ane ari bwo agiye guhatanira itike y’umukino wa nyuma uzavamo ikipe yegukana igikombe.
Imikino ya 1/2 cya kamarampaka iratangira kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026, muri BK Arena. APR BBC yabaye iya mbere ku rutonde rwa shampiyona izacakirana na RSSB Tigers BBC yabaye iya kane, mu gihe Patriots BBC yabaye iya kabiri izahura na REG BBC yabaye iya gatatu.
Aya makipe yaherukaga guhurira muri iki cyiciro cya kamarampaka mu mwaka w’imikino wa 2021/22. Icyo gihe Patriots BBC yari yarasoje shampiyona iyoboye urutonde n’amanota 46, ikurikirwa na REG BBC zinganya amanota, APR BBC iba iya gatatu n’amanota 45, naho Tigers BBC isoza ku mwanya wa kane n’amanota 39.
Muri 1/2 cya kamarampaka, Patriots BBC yasezereye Tigers BBC iyitsinze imikino 2-0, mu gihe REG BBC yasezereye APR BBC iyitsinze imikino 2-1. REG BBC yaje no kwegukana igikombe itsinze Patriots BBC imikino 3-2 ku mukino wa nyuma.
Uyu mwaka, imikino ya kamarampaka ihanzwe amaso n’abakunzi ba Basketball kuko amakipe yose ane yiyubatse yongeramo abakinnyi bafite ubunararibonye, ibintu biteganyijwe kongera ihangana kuri ayo makipe.
Patriots BBC na REG BBC
Umukino uzabimburira indi uzahuza Patriots BBC na REG BBC, amakipe akunze kugirana ihangana rikomeye kandi ajya kunganya urwego. REG BBC, iheruka kwegukana igikombe cya shampiyona mu 2023, izaba ishaka kongera kugera ku mukino wa nyuma nyuma yo kuwukina no mu mwaka ushize.
Iyi kipe y’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ingufu (REG) yongeyemo abakinnyi babiri bashya barimo Umunyamerika Will Perry, wigeze gukinira Patriots BBC, ndetse n’Umunya-Niger Abdoulaye Harouna. Bombi baherukaga gukinira FUS Rabat yo muri Maroc muri BAL 2026.
Ku ruhande rwa Patriots BBC, yaguze Obadiah Noel Arthur, umukinnyi ufite ubunararibonye mu makipe atandukanye yo muri Afurika y’Iburasirazuba, harimo na APR BBC.
Uyu mukinnyi w’imyaka 27 yafashije APR BBC kwitwara neza mu nshuro ebyiri yakinnye Basketball Africa League (BAL), akaba yitezweho gufasha Patriots BBC kongera kwegukana igikombe cya shampiyona iheruka mu myaka itandatu ishize.
APR BBC na RSSB Tigers BBC
Undi mukino uzahuza APR BBC na RSSB Tigers BBC, amakipe yombi afite intego zo kugera ku mukino wa nyuma. APR BBC iri mu bihe byiza nyuma yo kwandika amateka yo kuba ikipe ya mbere yo mu Rwanda yegukanye igikombe cya Basketball Africa League (BAL 2026).
Iyi kipe y’Ingabo, imaze kwegukana ibikombe bibiri bya shampiyona biheruka, yongeyemo Umunyamerika Craig Randall, umwe mu bakinnyi bagize uruhare rukomeye mu gutuma RSSB Tigers BBC yegukana BAL 2026, ndetse wanahawe igihembo cy’umukinnyi mwiza (MVP) w’iryo rushanwa.
Uyu mukinnyi yitezweho gukoresha ubunararibonye n’ubushobozi yagaragaje ku rwego rwa Afurika agafasha APR BBC gukomeza guhatanira igikombe cya shampiyona. Ku rundi ruhande, RSSB Tigers BBC itozwa na Henry Mwinuka na yo ni ikipe ikomeye ikwiye kwitonderwa, kuko ishaka kwegukana igikombe cya shampiyona ku nshuro ya mbere mu mateka yayo.
Mu rwego rwo kwitegura neza iyi mikino, iyi kipe y’Ikigo cy’Ubwiteganyirize mu Rwanda yongeyemo abakinnyi barimo Umunya-Côte d’Ivoire Nisre Zouzoua ndetse n’Abanyamerika Tyler Tarik Bey na Nate Roberts.
Umukozi ushinzwe Itumanaho mu Ishyirahamwe rya Basketball mu Rwanda (FERWABA), Guillome Nkomeje, yabwiye Imvaho Nshya ko uyu mwaka utegerejweho kamarampaka irimo ihangana rikomeye kurusha indi yabaye mu myaka yashize kubera uburyo amakipe yiyubatse.
Ati: “Ku giti cyanjye, iyi mikino irakomeye ugereranyije n’iyo twabonye mu myaka ishize. Biragoye kuba wavuga ko hari ikipe izatsinda biyoroheye. Ibi bishatse kuvuga ko amakipe yose yiyubatse ku buryo nizera ko tuzaryoherwa cyane.”
Muri 1/2 cya kamarampaka, amakipe azahatanira kugera ku ntsinzi eshatu mu mikino itanu ishoboka (Best of Five), mu gihe umukino wa nyuma uzakinwa mu buryo bwo gushaka intsinzi enye mu mikino irindwi ishoboka (Best of Seven).



