Dusenge Wicklif yasubiye muri APR VC

  • SHEMA IVAN
  • Kanama 5, 2026
  • Hashize amasaha 2
Image

Umukinnyi w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda ya Volleyball,wakiniraga Kepler VC, Dusenge Wicklif yasubiye mu ikipe ya APR VC aherukamo mu myaka irindwi ishize, asinya amasezerano y’imyaka ibiri.

Byatangajwe n’iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 5 Kanama 2026, binyuze ku mbuga nkoranyambaga zayo.

APR VC iri kwiyubaka kugira ngo izitware neza mu mwaka w’imikino wa 2026/27, nyuma y’uko mu mwaka wa 2025/26 bwa mbere mu mateka yayo yabuze mu makipe ane ya mbere yakinnye imikino ya Kamarampaka yo guhatanira igikombe cya Shampiyona ya Volleyball REG VC yatwaye.

Mu gukomeza kwitegura neza bongeyemo Dusenge Wicklif wari umaze imyaka ibiri akinira Kepler VC aho yayifashije kwegukana amarushanwa atandukanye arimo igikombe cyo Kwibobora ku nshuro ya 32 ndetse yakinnye imikino Nyafurika yabereye i Kigali muri Mata uyu mwaka.

Mu 2017 ni bwo Dusenge Wicklif yatangiye gukina Volleyball nk’uwabigize umwuga ahera muri APR VC yatozwaga na Mutabazi Elie ayikinira kugeza mu 2019 ubwo yajyaga muri Gisagara VC yavuyemo mu yandi makipe arimo REG VC.

Dusenge Wicklif ari mu ikipe y’igihugu ya Volleyball ikomeje kwitegura igikombe cya Afurika kizabera muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) muri Nzeri uyu mwaka.

Dusenge Wicklif yasubiye muri APR VC yaherukagamo mu myaka irindwi ishize
  • SHEMA IVAN
  • Kanama 5, 2026
  • Hashize amasaha 2
TANGA IGITEKEREZO
Andika igitekerezo

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE