APR FC iri mu biganiro bya nyuma n’umuzamu wa Mozambique
Nyuma yo gutwara ibikombe byombi bikomeye mu Rwanda, ikipe ya APR FC ikomeje kongera imbaraga yitegura umwaka w’imikino utaha aho bivugwa ko iri mu biganiro bya nyuma n’umuzamu w’Ikipe y’Igihugu ya Mozambique witwa Ernan Alberto Siluane w’imyaka 27.
Siluane amaze gukinira ikipe y’igihugu ya Mozambique imikino 41.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo muri Mozambique nka Lance, yavuze ko uyu mugabo nyuma y’umukino ikipe ye ya Black Bulls yahuriyemo na Chingale de Tete ku wa 21 Gicurasi 2026 ukarangira batsinze ibitego 3 ku busa bwa Chingale yasezeye abakinnyi bagenzi be akababwira ko yabonye indi kipe.
Mu 2018 kugera 2022 yakiniye ikipe ya Ferroviário de Maputo. Mu 2022 kugera 2023 yakiraga ikipe ya União Desportiva do Songo ahita yerekeza muri Associação Black Bulls.
Umwaka wakurikiyeho, mu 2024, yegukanye shampiyona y’igihugu yambaye umwambaro wa Bulls. Ibi byakurikiwe n’Ibikombe bibiri bya Super Cup ya Mário Esteves Coluna, icya mbere yacyegukanye atsinda Ferroviário da Beira mu 2024, ndetse n’icya 2026 atsinda ikipe yahozemo, União Desportiva do Songo.
Siluane yanakinnye mu mikino ibiri ya CAN, yabereye muri Côte d’Ivoire no muri Maroc aho yarindaga izamu ry’ikipe y’igihugu kugeza bageze muri 1/8 cy’irangiza ry’irushanwa rikomeye ku mugabane wa Afurika.
Byongeye kandi, yanahagarariye Mozambique mu irushanwa rya CHAN ryabereye muri Algérie.
Uyu musore w’ibigango, afite uburebure bwa Metero 1.86, uburebure butuma agira igihagararo cyiza ku muzamu.
Uyu mugabo yamamaye cyane ubwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Africa CAF ryamushyiraga ku mbuga nkoranyambaga zaryo ku wa 29 Ukuboza 2025, mu mukino Mozambique yari yahuriyemo na Gabon maze agaragaza ubuhanga butangaje bwo gutabara izamu.
